Queen Cha yasubije amaso inyuma ku ndirimbo yakoranye na Fire Man agira icyo asabwa n’abafana

11/02/2024 07:50

Umuhanzikazi Queen Cha , umaze igihe kitari gito i Dubai mu mirimo itandukanye yagaragaje ko indirimbo we na Fire Man bafatanyije bakayita ngo ‘Ca Inkonizamba’ ariyo ndirimbo iyoboye muzo yakoze zikamukora ku mutima.

Queen Cha wahoze muri The Mane gusa asohokamo mu ibanga rikomeye akajya hanze y’u Rwanda mu Mujyi wa Dubai, yifashishije agace k’iyi ndirimbo karirimbwe na Fire Man , agaragaza ko ariyo ndirimbo afata nk’iyibihe byose kuri we.

Aka gace yanyujijeho ni ako Fire Man aba aririmbo ko “Uvomera abandi azavomerwa, uwicisha bugufi afatwe nk’ikibabi kibisi , buri mutima wiyiziho uwawo mu babaro n’umunezero wawo nta mushyitsi wawujyamo”.Muri iki gice Fire Man akomeza akoresha amagambo go muri Zaburi akaririmba ko abantu bambura imfubyi umucunguzi ariwe uzabibabaza.

Mu kumwikiriza Queen Cha nawe atera agira ati:” Benshi barihebye ! Barahangayitse ! Bahora bigutse ,..Bibaza uko ejo bazaramuka ah ! Mana ubafashe !!”.Bamwe mu bagerageje kugira icyo bavuga basabye Queen Cha kugaruka muri muzika berekanako bamukumbuye.

Advertising

Previous Story

APR FC na Sunrise zisobanuye

Next Story

Anastacia Mukabwa yahishuye ibidasanzwe kuri Rose Muhando

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop