Papa Francis yahishuye aho yifuza kuzashyingurwa napfa

14/12/2023 07:50

Umukuru wa Kiliziya Gatulika ku Isi Papa Francis yavuze ko yifuza kuzashyingurwa i Roma , Basilica ya St Mary.Francis yanze kuzashyingurwa i Vatican ahashyinguwe abandi ba papa.

Papa Francis wujuje imyaka 87 ku munsi wo ku cyumweru yatangaje ko adateganya kuva ku mwanya we keretse ngo ubuzima bwe bumubereye inzitizi.

Yatangaje ko umwaka utaha agomba kuzasura Igihugu cy’Ububiligi , akajya Muri Polynesia no mu gihugu cye cya Argentine.Papa Francis wagombaga gukorera ingendo i Dubai, yarazisubitse kubera ikibazo cy’uburwayi bwa Bronchitis.

Nk’uko byatangajwe na Papa Benedict XVI muri 2013 , ngo nawe aramutse yeguye ku mwanya we, yatura hanze ya Vatican akaba ariho akomereza ubuzima .

Papa Francis ati:” Ni umuhamagaro wanjye, ndashaka gushyingurwa i Roma hafi ya Basilica kandi harateguwe”.Mu kwezi kwa Kamena, yashyizwe mu Bitaro kugira ngo avurwe indwara zo munda ndetse kugeza ubu agendera mu kagare kubera ikibazo cy’amavi.

Advertising

Previous Story

Abakobwa : Niba ushaka kubaho wishimye uzirinde umukunzi ukora ibi bintu

Next Story

Shaddyboo warwaje abagabo ibikanu ari kubyina avamo ?

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop