Advertising

Nyanza: Umwana w’imyaka 4 witwa Agahozo Peace Nyenyeri yishwe n’icyayi n’irindazi

by
06/09/2023 08:17

Umwana w’imyaka 4 witwa Agahozo Peace Nyenyeri wo mu Karere ka Nyanza Umurenge wa Busasamana mu Kagari ka Kibinja , Umudugudu wa Kabuzuru yapfuye bivugwa ko yishwe n’icyayi ndetse n’Irindazi.

 

Ubwo uyu mwana yari kumwe na nyina umubyara ndetse n’umugabo wa nyina , ngo nyina yaje kubasigana ajya mu itsinda maze umwana nawe yaje kujya kumuturanyi amuha icyayi n’umugabo wa nyina amuha amafaranga cyo kugura irindazi.

 

Uyu mwana akimara kubirya , yahise atangira kuribwa munda , maze umugabo wa nyina ajya kureba umukecuru baturanye ngo amuhe umuti agarutse asanga umwana yapfuye niko guhita atabaza.

 

Abaturanyi babo bavuga ko urupfu rw’uyu mwana rushobora kuba rwatewe n’icyayi ndetse n’Irindazi yaguriwe n’umugabo wanyina kuko ngo aribyo yariye agatangira kuribwa munda.

 

Ubuyobozi bwatangaje ko umugabo wa nyina ari mu maboko ya RIB mu gihe abahaye umwana icyayi n’Irindazi uyu mwana basigaye biyicariye mungo zabo.

 

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana Egide Bizimana , yabwiye Umuseke ngo :” Uwo mwana Nyenyeri yarapfuye ariko kugeza ubu urupfu rwe ntibirasobanuka kuko hari amakuru amwe namwe ataramenyekana gusa RIB yatangiye iperereza.”

 

Umurambo wa Nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro i Kigali ngo hakorwe isuzumwa ryimbitse ngo bamenye icyaba cyishe uwo mwana.Ni mu gihe na RIB ikomeje iperereza.

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Previous Story

Zari Hassani w’abana 5 yaguze amenyo mashya yishyirishaho na Dimples kumatama ye arangije yishongora kubanzi be

Next Story

Kigali ayifite mu biganza bye ! Umuhanzi Alyn Sano yongeye kwishongora avuga ko Kigali ayifite muri muzika

Latest from Inkuru Nyamukuru

Go toTop