Advertising

Nubwo mfite HIV barantereta Nkanga, umuyobozi yampaye akato nzira SIDA ! Charlene

20/02/2024 09:28

Kimwe mu bintu bigora abantu cyane no kwiyakira bibamo noneho iyo bigeze ku muntu ufite cyangwa urwaye SIDA biragoye kuri uwo muntu kuba yakwiyakira ndetse nabo babibasha bifata igihe ariko birakwiye ko biyakira kuko kubaho ufite SIDA ni ibintu bisanzwe.

 

 

Nk’uko uyu mukobwa witwa Charlenne abivuga, yavuze uburyo yagowe no kwakira ko azabana n’ubwandu bwa SIDA ndetse akamenyera. Ni mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru witwa Murungi Sabin ku Isimbi Tv.

 

 

Uyu mukobwa yavuze ko ubwo yajyaga kwiga muri kaminuza yahuye n’imbogamizi nyinshi aho umuyobozi wishuri yigagaho yamuhezaga akamuha akato amuziza ko arwaye SIDA ndetse yavuze ko habuze Gato ngo ave mu ishuri ahagarika kwiga.

 

 

Yakomeje avuga ko ubwo yahezwaga yashatse kuva mu ishuri ariko ahamya ko yagaruye agatima akiyemeza gukomeza kwiga kuko yumvaga ko Nava mu ishuri ashobora kuba atumye umuyobozi we atsinda akazakomeza no guheza abandi banyeshuri.

 

Icyakora uyu mukobwa ni umwe mu bakobwa bafite SIDA ariko biyakiriye ndetse bemeye uko bameze dore ko ashinzwe no gukangurira abo bose bafite SIDA kwiyakira bakamenya ko nabo ari abantu bameze nk’abandi.

 

 

Yakomeje avuga ko Kandi nubwo arwaye SIDA ariko bitabuza abasore kumutereta ndetse bamusaba urukundo ariko kuri we avuga ko abyanga kuko yumvako adakwiye guhita yirukira mu nkundo.

 

Yasoje agira inama abo Bose bashobora kuba babana n’ubwandu bwa SIDA ko bakwiye kwiyakira. Aboneraho umwanya wo kwigisha urubyiruko cyane cyane kwirinda aho byanze bakibuka gukoresha agakingirizo.

 

 

 

 

Source: Isimbi Tv

Previous Story

Niba umukozi wawe afura utwenda tw’imbere tw’umugabo wawe, niyo baryamana ntukwiye kubabara ! Tasha

Next Story

Ndambiwe ibihuha, namuteye inda kandi nta ndezo ntanga rwose ! frique

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uburyo bwiza bwo kuryama bwakurinda kugona

Iyo umuntu aryamira uruhande rw’ibumoso bigira ingaruka nyinshi kandi nziza mu mikorere y’umubiri. Ni mu gihe abantu benshi bibaza uburyo bwiza umuntu akwiye kuryamamo

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop