Ntuzongera kwitwa umwana wanjye ukundi, umubyeyi yabyarutse umuhungu we nyuma y’uko uwo musore yishe mushiki we bapfa ibihumbi 2000

23/01/2024 11:11

Inkuru ikomeje kuvugisha benshi ku mbugankoranyambaga ni inkuru y’uyu mugore w’imyaka 49 wishwe n’umuvandimwe we muto nyuma yuko bagiranye amakimbirane bapfa amafaranga ibihumbi bibiri gusa.

 

 

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The Nation Africa, Mary Wahito akaba nyina wa Joseph Gitahi w’imyaka 45 ariwe wishe mushiki we witwa Rebecca Njeri, yavuze ko urupfu rw’uyu mwana wabo rwasize agahinda mu muryango ndetse no mu giturage babamo.

 

 

Nk’uko nyina wabo bana yabivuze,yatangaje ko uyu musore akaba umuhungu we yazanye inyundo ahonda mu mutwe wa mushiki we wari usanzwe afite abana bane bapfuye amakimbirane bagiranye bapfa amafaranga ibihumbi bibiri.

 

 

Icyakora uyu mubyeyi yavuze ko atazongera kwita Joseph umuhungu we ukundi ndetse ko amubyarutse kuva aho yakoreye amahano yo guhitana mushiki we bavukana.

 

Mu magambo ye yagize ati “Sinzongera kumwita umuhungu wanjye ukundi, ndetse nta muntu n’umwe wo mu muryango uzamuba hafi muri uru rugamba rwe agiyemo mu mategeko, ubuyobozi buzamuhane uko bikwiye.”

 

 

Icyakora uyu musore nyuma yo guhitana mushiki we yahise ahungs gusa nyuma aza kwigarura mu maboko y’abashinzwe umutekano ndetse yari yageze kure ariko aza kugaruka. Kuri ubu ari mu maboko y’abashinzwe umutekano.

 

 

 

Source: The Nation Africa

Advertising

Previous Story

Umwana w’umukobwa yaburiwe irengero ku munsi we wa mbere yagiye kwiga

Next Story

Zari Hassan yiyamye abantu bamwandikira bamusabirizaho amafaranga

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop