Ni izihe mpamvu zishobora gutuma umugore abyara umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga

16/11/2023 14:42

Hari ubwo umugore abyaye umwana ufite ikibazo runaka ariko ntamenye impamvu yabiteye ndetse ko hashobora kuba harimo n’uruhare rwe mu kubyara umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga runaka. Muri iyi nyandiko twifashishije inyandiko zizewe mukubategurira ndetse no mu kubaha amakuru yizewe ku mpamvu umugore ashobora gutwita cyangwa kubyara umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga runaka.

 

 

DORE IMPAMVU ZISHOBORA GUTUMA UMUGORE ABYARA UMWANA UTUZUYE CYANGWA UFITE UBUMUGA RUNAKA;

 

 

1.Aho uvuka

 

Wowe mugore ushobora kubyara umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga runaka bitewe nuko mu muryango wanyu harimo abantu bafite icyo kibazo bityo bikaba nawe byaragukurikiranye bikarangira wisanze wabyaye umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga runaka.

 

 

2.Kubura imisemburo ku mugore

 

Hari ubwo umugore aba adafite imisemburo ihagije runaka yo mu mubiri we bityo bikagira ingaruka ku mwana atwite akavuka afite ikibazo runaka ubumuga runaka cyangwa akavuka atuzuye.

 

 

3.Prenatal Infection

 

Izo infection zishobora gufata umugore mu gihe Ari kubyara zikaba zakongera imyaku ku mwana ko ashobora gukura atuzuye cyangwa afite ikibazo runaka.

 

 

4.Imiti cyangwa ibiyobyabwenge

 

Imiti cyangwa ibiyobyabwenge umugore yakoresheje mu gihe yari atwite bishobora gutuma abyara umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga runaka. Ni ukuvuga Hari imiti umugore utwite atemerewe gukoresha ndetse ibiyobyabwenge nabyo ni ibintu umugore utwite akwiye kugendera kure.

 

 

5.Indwara

 

Hari indwara zizwiho kuba umugore azifite zishobora gutuma umugore abyara umwana ufite ikibazo runaka. Izo ndwara harimo Diabetes, Umuvuduko w’amaraso nizindi.

 

 

6.Kubyara amezi atuzuye

 

Ikindi birazwi ko umwana agomba kuvukira amezi 9, mugihe bitagenze gutyo nabwo umwana ashobora kuvuka afite ikibazo runaka ubumuga runaka cyangwa akavuka atuzuye.

 

 

7.Ibibazo Mu kubyara

 

Mu gihe umugore ahuye nibibazo runaka mu kubyara kwe nko kubura umwuka, bishobora gutuma abyara umwana ufite ikibazo runaka.

 

 

8.Kutiyitaho / Kutitabwaho

 

Umugore utwite ategetswe gukora imirimo itavunanye ndetse akiyitaho no mu mirire, rero iyo umugore atiyitayeho ashobora kubyara umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga runaka.

 

 

9.Impamvu zitazwi

 

Hari ubwo umugore ashobora kubyara umwana utuzuye cyangwa ufite ubumuga runaka bitewe n’impamvu itazwi.

 

 

Umwanditsi: BYUKURI DOMONIQUE

 

Source: News Hub Creator

 

Advertising

Previous Story

Umuhanzi Rema akomeje kwibazwaho nyuma yo kugaragara yambaye umudari ugaragaza gutwika urusengero

Next Story

Kenya : Inkumi ebyiri z’uburanga zagaragaye mu muhanda ziri kurwana

Latest from Ubuzima

Menya ibyiza bidasanzwe byo kurya inanasi

Inanasi ni urubuto ruzwi cyane ku isi yose kubera uburyohe bwayo ndetse n’akamaro k’ubuzima ifite. Uru rubuto rukomoka mu muryango w’ibinyomoro (Bromeliaceae) kandi rwamenyekanye

Menya ibyiza utari uzi byo kurya ipapayi

Ipapayi ni urubuto rutangaje kandi rwuzuye intungamubiri nyinshi zituma ruba ingenzi mu mubiri w’umuntu. Aha twaguteguriye ibyiza bitandukanye byo kurya ipapayi: 1. Kubungabunga
Go toTop