“Nasanze abanyamakuru muri abagambanyi mwirirwa mushuka abantu mukabakoresha ibyo batagakoze” ! wa mugore wabyaranye na Ndimbati afite byinshi yicuza

by
04/09/2023 12:40

Fridaus wabyaranye na Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati nyuma akaza kumujyana munkiko ashinjwa kumuhohotera atujuje imyaka y’ubukure yahamije neza ko hari byinshi yicuza nk’uko byagaragaye mu kiganiro gito cyanyujijwe kuri Instagram y’uwitwa DcClement.

 

Uyu Ndimbati yafunzwe amezi agera muri atanu nyuma aza kugirwa umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge Nyuma yo gusuzuma ikirego cy’ubushinjacyaha hagasangwa ntashingiro gifite.

Uyu mugore babyaranye abana b’impanga mukiganiro yagize Ati “ntabwo izi nduru nzishaka…naratekereje nsanga kujyana umuntu mw’itangazamakuru ntanicyo bimaze kuko ntibyakuyeho Kuba nzunguza”.

 

Abajijwe niba Bibaye ari nkibisubira inyuma niba yakora nk’ibyo yakoze yasubije agira Ati ” nubwo bitabaho ko bisubira inyuma gusa kuko naje gusanga itangazamakuru ntakeza kanyu, muri abagambanyi, muvugisha umuntu ibyo atakavuze, mukamukoresha ibyo atagakoze, ntabwo bisubiye inyuma nabivuga”.

 

Ni mugihe hashize iminsi mike Ndimbati yongeye guhamagarwa n’urwego rukuru rw’ubugenzacyaha (RIB) ngo yisobanure kucyaha ashinjwa cyo kutita kubana yabyaranye n’uyu mugore.

 

Bityo uyu mugore akaba akomeje kugaragaza ko itangazamakuru ryamushutse rikamukoresha ibyo aragombaga Kuba yarakoze.

REBA HANO IKIGANIRO UYU MUGORE YABIVUZEMO

Arvin

Ni umwanditsi wa Umunsi.com

Advertising

Previous Story

Dore amafunguro yica intanga ngabo kuburyo abagabo basabwa kutayarya buri munsi

Next Story

Bararengereye ! Igihugu cy’u Butaliyani cyafatiye ibihano umuhanzi Kanye West w’imyaka 46 n’umugore we w’imyaka 28 kubera imyitwarire mibi irimo no gukorera ibiteye isoni mu bwato

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop