“Iyo Mbimenya sinari kuba Icyamamare” Nyuma yo kuba icyamamare kubera kuvuga ngo amavubi azagure abakinnyi muri Arsenal na chelsea Ntakirutimana Amza mwamenye nka G-taff aratabaza!

12/08/2023 09:22

Biragoye ko wabona umukunzi w’imikino n’imyidagaduro utarabonesheje amaso ye amashusho y’umusore wavugaga ko ikibazo ikipe y’igihugu Amavubi ifite gishingiye ku mutoza udashaka kugura abakinnyi mu makipe akomeye nka Arsenal ,chelsea ,Manchester n’ayandi.

Uyu musore wamenyekanye nka G taff mu biganiro binyuranye yagiye akora haba ibyanyuze kuri Juli Tv ,Yago Tv show ,Good News n’ahandi aratabaza avuga ko abayeho ubuzima bugoye cyane ko abamukoresheje ibiganiro bamuteshaga umwanya w’akazi nyamara bagataha nta na ticket bamusigiye!.

G Taff aragira ati:”Nari nzi ko nimba icyamamare ubuzima bwange buzahinduka ,kuko nahoraga mbirota ,nabaga nzi ko kuba icyamamare bihagije ariko nubundi ndacyarya bigoye.

Nahaye abanyamakuru benshi umwanya wange bakansezerera amaramasa ,najyaga mbona Yago ahura n’abantu ubuzima bugahinduka, ariko njye twanatandukanye nta na ticket ampaye , abaturanyi bange bambonye hirya no hino bazi ko ndi umukire kubera kumenyekana nyamara ntacyo bimariye.

Ndasaba niba hari umugira neza wakwifuza kumbindurira ubuzima kuko akazi nkora mba mbona bigoye ko kazangeza ku nzozi zange”.
Video

G taff ubusanzwe ni umukorodoniye mu karere ka Kicukiro ahazwi nka Sonatube mu gace ka sahara akaba ariko kazi asanzwe akora kaburi munsi kamuhesha ibimutunga, icyakora avuga ko uko abayeho biramutse byisumbuye byaba byiza kurushaho.

Umwanditsi :Shalomi_wanyu

Advertising

Previous Story

Umuhanzikazi Rihanna ukuriwe yashyize hanze amafoto ari konsa umwana we w’imfura ufite igikundiro witwa RZA

Next Story

Abarimo indaya n’ibisambo bafatiwe ahazwi nko muri ‘Korodoro’ muri Operasiyo idasanzwe yakozwe n’inzego z’umutekano

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop