Advertising

Ikimenyetso kibi cyane, Mu gihe ibipimo byerekanye ko umugabo atwite

26/04/2023 10:58

Gusa ibyo bisubizo ntibiba bisobanuye ko atwite koko, ahubwo biba bisobanuye ko arwaye kanseri y’udusabo.
Ibi biterwa n’uko umugabo cyangwa umusore urwaye kanseri cyangwa ikibyimba mu dusabo, bitera ukwiyongera k’umusemburo wa Human Chorionic Gonadotrophin (hCG) ubundi wiyongera iyo umugore atwite.
Ukwiyongera k’uwo musemburo kunagaragarira mu nkari yihagarika, ku buryo hafashwe igipimo cyo gutwita, uwo mugabo cyangwa umusore ibipimo bigaragara nk’aho yasamye.

Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyita ku barwaye kanseri, American Cancer Society, muri 2021 cyagaragaje ko n’ubwo iyi kanseri idakunze kugaragara cyane, ariko nibura umugabo umwe mu 250, ni ukuvuga 0.4% aba azarwara iyi kanseri mu buzima bwe.

Urubuga Healthline rugaragaza ko kwifashisha ibipimo byereka abagore niba batwite bigakoreshwa mu gupima kanseri y’udusabo ku bagabo atari ibya vuba, kuko ubu buryo bwatangiye kwifashishwa mu myaka ya 1980.

Gusa uru rubuga rugaragaza ko atari byiza kumva ko wakoresha ubu buryo ngo bibe byaguha icyizere cy’uko utarwaye kanseri y’udusabo, kuko hari igihe ibi bipimo bishobora kukwereka ko utayirwaye kandi uyirwaye.

Runagaragaza ko atari buri gihe umugabo cyangwa umusore uyirwaye agira ukwiyongera k’umusemburo wa hCG, bityo ko bidahagije kwizera ibipimo weretswe n’ako gakoresho kifashishwa mu gupima ko abagore batwite, ahubwo ko wakwisuzumisha kwa muganga.

Previous Story

Singapour yanyonze umugabo imuziza gucuruza ikiro 1kg cy’urumogi

Next Story

Dore zimwe mu ngeso zishobora kwangiza umubano w’abakundana

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uburyo bwiza bwo kuryama bwakurinda kugona

Iyo umuntu aryamira uruhande rw’ibumoso bigira ingaruka nyinshi kandi nziza mu mikorere y’umubiri. Ni mu gihe abantu benshi bibaza uburyo bwiza umuntu akwiye kuryamamo

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop