Ikimenyetso kibi cyane, Mu gihe ibipimo byerekanye ko umugabo atwite

26/04/2023 10:58

Gusa ibyo bisubizo ntibiba bisobanuye ko atwite koko, ahubwo biba bisobanuye ko arwaye kanseri y’udusabo.
Ibi biterwa n’uko umugabo cyangwa umusore urwaye kanseri cyangwa ikibyimba mu dusabo, bitera ukwiyongera k’umusemburo wa Human Chorionic Gonadotrophin (hCG) ubundi wiyongera iyo umugore atwite.
Ukwiyongera k’uwo musemburo kunagaragarira mu nkari yihagarika, ku buryo hafashwe igipimo cyo gutwita, uwo mugabo cyangwa umusore ibipimo bigaragara nk’aho yasamye.

Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyita ku barwaye kanseri, American Cancer Society, muri 2021 cyagaragaje ko n’ubwo iyi kanseri idakunze kugaragara cyane, ariko nibura umugabo umwe mu 250, ni ukuvuga 0.4% aba azarwara iyi kanseri mu buzima bwe.

Urubuga Healthline rugaragaza ko kwifashisha ibipimo byereka abagore niba batwite bigakoreshwa mu gupima kanseri y’udusabo ku bagabo atari ibya vuba, kuko ubu buryo bwatangiye kwifashishwa mu myaka ya 1980.

Gusa uru rubuga rugaragaza ko atari byiza kumva ko wakoresha ubu buryo ngo bibe byaguha icyizere cy’uko utarwaye kanseri y’udusabo, kuko hari igihe ibi bipimo bishobora kukwereka ko utayirwaye kandi uyirwaye.

Runagaragaza ko atari buri gihe umugabo cyangwa umusore uyirwaye agira ukwiyongera k’umusemburo wa hCG, bityo ko bidahagije kwizera ibipimo weretswe n’ako gakoresho kifashishwa mu gupima ko abagore batwite, ahubwo ko wakwisuzumisha kwa muganga.

Advertising

Previous Story

Singapour yanyonze umugabo imuziza gucuruza ikiro 1kg cy’urumogi

Next Story

Dore zimwe mu ngeso zishobora kwangiza umubano w’abakundana

Latest from Ubuzima

Menya ibyiza utari uzi byo kurya ipapayi

Ipapayi ni urubuto rutangaje kandi rwuzuye intungamubiri nyinshi zituma ruba ingenzi mu mubiri w’umuntu. Aha twaguteguriye ibyiza bitandukanye byo kurya ipapayi: 1. Kubungabunga
Go toTop