Friday, May 3
Shadow

Hagiye gutangizwa irushanwa mpuzamahanga ryo gukora imibonano mpuzabitsina ryiswe ngo European Sex Championship aho bazajya bakoresha n’umunwa

Guhera tariki 8 Kamena mu gihugu cya Suede hagiye gutangizwa irushwa ryo gukora imibonano mpuzabitsina aho rizitabirwa n’abazaba bakora imibonano mpuzabitsina.

Nibwo bwambere iri rushanwa rizaba ribaye muri iki gihugu cyo kumugabane w’Iburayi aho abaryitabira bazajya bayikora byibura hagati y’iminota 45 n’isaha bari gutera biteganyijwe ko bazamara Ibyumweru 6 batera akabariro bushakamo Umuhanga muri bose.

Ikinyamakuru Times Of India igihe bakesha iyi nkuru , cyanditseko hamaze kwitandikisha abantu 20 bazahatana mu byiciro bitandukanye birimo , gutegura uwo mu giye gukorana icyo gikorwa , gukoresha umunwa mu gushimishanya , ubuhanga mu kunanura umubiri , ubuhanga muguhinduranya uburyo ndetse no kumenya inshuro ababikora barangije.

Uwitwa Dragan Bratych uyubora ishyirahamwe Swedish Federation of Sex, yatangaje ko bateguye iri rushanwa bashaka kwerekanako imibonano mpuzabitsina ari irushanwa nk’ayandi marushanwa.

Uyu mugabo yakomeje avuga ko bifuza ko iyi mikino izamamara no mubindi bihugu.Abemera Imana no bavuga ko Satani ari gukoresha amayeri menshi , bagira inama abantu yo kwihana bagakizwa kuko iminsi yimperuka igiye kurangira.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *