Hari uburyo bwinshi ushobora gushima uwagukoreye ibyiza, hano Hari uburyo 7 ushobora gukoresha.
Â
1.Kubabwira ngo mwakoze
Â
Hari ubwo umuntu agukorera ibintu byiza akagufasha, mu buryo Bworoshye bwo gushima uwo muntu ushobora kumubwira ijambo ngo Wakoze, ni ijambo risanzwe ariko risobanuye byinshi.
Â
Â
2.Kumuha impano
Â
Ubundi Buryo Bworoshye bwo gushima uwagukoreye ibyiza n’ubundi ushobora kugura impano runaka ukayimuha umushimira ibyo yagukoreye. Si ngombwa ko iyo mpano yaba ihenze.
Â
Â
Â
3.Bereke ko ubitayeho
Â
Ubundi Buryo Bworoshye bwo gushima uwo muntu wagukoreye ibyiza, ushobora kumwereka ko umwitayeho mu buzima bwe ukamwumva ndetse mu kaganira cyane.
Â
Â
4.Bahe ubufasha runaka
Â
Ushobora gukoresha ubu buryo mu gushima uwagukoreye ibyiza aho ushobora kumuha ubufasha runaka acyeneye mu buzima.
Â
Â
5.Mushyigikire mubyo akora
Â
Ushobora nanone gushima uwagukoreye ibyiza umushyigikira mubyo akora umutera ingabo mu mugongo mugihe Hari ikintu arigukora kuburyo abonako uri kumwitaho.
Â
Â
6.Marana akanya nabo
Â
Ushobora kumarana igihe nabo bantu bakugiriye neze mu buryo bwo kubashima aho ushobora kujyana nabo gusangira, kurebana filim n’ibindi.
Â
Â
7.Gerageza kubyumva unamwubahe
Â
Niba ushaka gushima uwagukoreye ibyiza nanone ushobora kumwumva cyane mugihe ari mu bihe bibi. Ndetse ushobora kumwubaha aho wakirinda kumuvuga nabi.
Â
Umwanditsi: Byukuri Dominique
Source: Vocal.media
Â
Â