Davido yatahiye aho mu bihembo bya Grammy Awards

05/02/2024 08:14

Umuhanzi ukomeye muri muzika ya Afurika n’Isi muri rusange akaba n’umwe mu batunganya indirimbo David Adedeji Adeleke yabuze amahirwe  yari afite  muri Grammy Awards mu byiciro 3 yari yashyizwemo mbere aburamo na kimwe.Ibi bibaye nyuma yo gutoranywa nk’uhatanira ibi bihembo mu byiciro 3 byose.

 

Ibyiciro Davido yari yashyizwemo harimo ; Best Global Album yari ‘Timeless’ aherutse gushyira hanze, hakabamo kandi Best African Perfomance ku ndirimbo ye yise ‘Unvailable’, na Best Global  Music Perfomance ku ndirimbo ‘Feel’ . Nibwo byari bibayeho mu mateka ya Grammy Awards aho Davido yari ashyizwe mu byiciro 3 byose dore ko nawe yabyishimiye bakimushyiramo anyuze kumbuga Nkoranyambaga ze.Mu birori byabereye mu Mujyi wa Los Angeles Davido yabuze amahirwe yo kwegukana igihembo na kimwe.

Advertising

Previous Story

Shakib Cham Lutaaya wari umukozi wa Nyakwigendera Ivan Don Ssemwanga wari umugabo wa Zari Hassan akomeje guterwa amabuye

Next Story

Indirimbo ya Fela Kuti yakoze amateka muri Grammy Awards

Latest from Imyidagaduro

Go toTop