Umuhanzi wo muri Nigeria wamamaye nka Davido , yasohokanye n’umugore we Chioma n’impanga zabo.
https://www.youtube.com/watch?v=pwE2iVIOzIg
Abafana be bashimishijwe n’amashusho uyu muhanzi yashyize hanze ari kumwe n’abana be, umugore we n’impanga ze bigaragara ko bishimye.
Davido waherukaga kwerekana ifoto akina n’amafaranga ($), yongeye gushimirwa umutima wo kwita kubana be n’umugore we Chioma.
Umwe mu bagize icyo bavuga kuri aya mashusho harimo uwitwa Fatima wagize ati:” Ariko ukuri kuravugwa pe, Chioma ni umukobwa mwiza kandi arakunzwe, imyitwarire ye itandukanye n’iyabandi bakobwa bo hanze aha ( Slay Queens out there) muri Lagos.Akwiriye ibintu byiza.Ubu ari kwishimira kuba umwamikazi”.
Uwitwa Emmy Rez , yagize ati:” Woow , ni byiza kumubonana n’umuryango we pe, muri uku Kwezi kwa Ukuboza, uyu musore yarakoze cyane”
Uretse abandi kumbuga nkoranyambaga zitandukanye Davido yakomewe amashyi kubwo kwitwara neza, agasohokana umuryango we.
https://www.youtube.com/watch?v=pwE2iVIOzIg