Chris Eazy yasabye imbabazi Yago n’abakunzi b’umuziki muri rusange

23/12/2023 20:04

Giti Business Group isanzwe ifasha umuhanzi Chris Eazy yasabye imbabazi abakunzi ba Muzika Nyarwanda nyuma y’aho atagaragariye mu gitaramo cyo kumurika Album ya Yago yise ‘Suwejo’.

 

Mu butumwa yanyujije kumbuga Nkoranyambaga ze, Junior Giti, yasabye abakunzi be n’abanyamakuru kubaha imbabazi kubw’imbogamizi bagize zigatuma batitabira ‘Suwejo Album Launch’.Muri iri tangazo bavuze ko mu byatumye batitabira harimo no kumva nabi ubutumwa n’ibyo baganiriye n’abateguye igitaramo ‘Yago’.

Giti Business Group batangaje ko umuhanzi wabo Chris Eazy yagize ikibazo cy’uburwayi bwa Asma n’ibindi byerekeye ubuzima bwe bwite bigatuma atitabira cyangwa ngo aririmbe.Bashimiye abafana n’abandi bose bafasha uyu muhanzi mu buryo butandukanye , bagaragaza ko hari ibiri gukorwa kugira ngo amakosa yabayeho atazongera kuba.

 

Ubu butumwa buje nyuma y’aho Yago avugiye ko anenze cyane Chris Eazy amushinja kwanga kumufasha no gutangaza nabi amakuru y’igitaramo nabi.

Press Release

Advertising

Previous Story

Meddy ashobora kutagaragara mu bukwe bwa The Ben na Pamella

Next Story

Mu mwaka wa 2024 ndakundana n’imbwa gusa ! Umukobwa w’uburanga yaciye igikuba

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop