Burya ni ngombwa ko umugore utwite yita ku buzima bwe kugira ngo abyare umwana ukomeye! Dore ibintu umugore utwite akwiye gukora

25/11/2023 21:51

Umugore utwite buri gihe aba agomba kwiyitaho kugira ngo abone uko yita no ku mwana atwite. Rero Hari ibintu byinshi byiza umugore utwite akwiye gukora, muri iyi nyandiko ubwo buryo bwose ibintu byose umugore utwite akwiye gukora bibumbiyemo hano.

 

 

DORE IBINTU UMUGORE UTWITE AKWIYE GUKORA KUGIRA NGO AZABYARE UMWANA UKOMEYE;

 

 

1.Ihate calcium nyinshi

 

Umugore utwite ni ngombwa ko abona calcium nyinshi ihagije muri we kuko umwana umugore aba atwite aba acyeneye calcium yo gukomeza amagufwa ndetse no gukomeza amenyo. Mubyo urya gerageza urye ibifite calcium nyinshi kugira ngo umwana wawe agirw ubuzima bwiza.

 

 

2.Gerageza wote akazuba cyane aka mugitondo

 

Akazuba kazwiho kugira Vitamin D muri ko rero nako ni ingenzi mu mubiri wawe, kuko iyo vitamin ituma Calcium ijya mu mubiri wawe itembera neza ndetse ikagirira akamaro kanini umubiri wawe.

 

 

3.Rya indyo yuzuye

 

Ni ngombwa ko mu gihe ugiye gufata amafunguro, ni ngombwa ko urya ibiryo bifite akamaro kanini ku mubiri wawe rero bituma umwana utwite nawe akomera bityo akazavuka afite ubuzima bwiza.

 

 

4.Irinde umwanda

 

Ikindi ni ngombwa ko umugore utwite yirinda umwanda kuko si mwiza ku buzima bwawe, rero ni ngombwa kurya ibiryo bitunganyije neza kuburyo bitazamo umwanda, ikindi Kandi usibye ku mugore utwite gusa ni ngombwa ko umuntu uwariwe wese yirinda umwanda.

 

 

5.Kora siporo zitavunannye

 

Ikindi Kandi ku mugore utwite, gukora sipora ni ingenzi kugira akomeze umubiri we anawuhe imbaraga zo gukomeza gukora cyane wita ku mwana utwite, aha bavuga ko siporo wakora ni nko kugenda n’amaguru, koga, cyangwa ibindi ushobora gukora bigatuma ubira icyuya.

 

 

6.Irinde amayoga menshi itabi n’ibindi

 

Ni ngombwa ko umugore utwite yirinda ibiyobyabwenge byaribyo byose kuko bigira ingaruka mbi ku mubiri w’umugore utwite ndetse n’umwana utwite. Rero ni ngombwa ko umugore utwite yirinda ibiyobyabwenge byaribyo byose.

 

 

 

 

 

 

 

Source: News Hub Creator

Advertising

Previous Story

Abasore ! Dore ibintu bizakwereka ko umukobwa mukundana ari kuguca inyuma

Next Story

Abakundana ! Menya impamvu zishobora gutuma wirinda kujya mu rukundo n’umuntu mutari mu gihugu kimwe

Latest from Ubuzima

Menya ibyiza utari uzi byo kurya ipapayi

Ipapayi ni urubuto rutangaje kandi rwuzuye intungamubiri nyinshi zituma ruba ingenzi mu mubiri w’umuntu. Aha twaguteguriye ibyiza bitandukanye byo kurya ipapayi: 1. Kubungabunga
Go toTop