Bamunzanire muri Battle mukubite agakoni kunda ikindi agabanye ubwoba ! Bruce Mekody yishongoye kuri The Ben agaragaza ko ntaho ahuriye nawe mu kuririmba yemeza ko ifoto itari kumutera ubwoba

08/10/2023 11:55

Umuhanzi Bruce Melodie akomeje kugira ibintu imikino n’agatwiko , nyamara mu gihe kurundi ruhande, abafana ba The Ben bo bagaragaza ko ari ugushotorana , ndetse bakavuga ko Bruce Melody n’abamufasha muri muzika ye bari kurengera.

 

 

 

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na M Irene mbere gato y’uko aririmba mu gitaramo cya Iwacu Muzika mu Karere ka Ngoma.Uyu muhanzi wari mu modoka ndetse afashe na mikoro, byerekanaga ko agiye kujya kuririmba , yagerewe na M Irene mu buryo butunguranye, maze amuvugisha ikubagahu yihuta cyane.

 

 

Bruce Melodie utigeze arya iminwa ubwo yasubizaga ibyerekeye The Ben, yagaragaje ko kuruhande rwe ibintu bitaru bikwiriye kugirwa intambara [mu mvugo z’ubu], kuko ngo abafana bagira ayabo.Yongereyeho ko kuba haragaragaye amafoto arimo kumanikwa mu Mujyi aho The Ben yari ari , bitari gutuma abantu bahungabana kabone nubwo ngo ntaruhare yigeze agira mu imanikwa ryayo mafoto yakwirakwijwe kumbuga nkoranyambaga.

 

 

 

Muri iki kiganiro Bruce Melodie yagize ati:”Ariko rero ikibazo nawe nagabanye ibintu by’ubwoba.None ubwo , ifoto yakwica igitaramo ? Fata ifoto ya The Ben uyinjyane mu bafana urebe ko ntabazitura , ndabazitura urumva [ Araseka]. Ifoto , wowe ubona ifoto , Team yose ikajagarara abantu bose bagasara basizora bakavuga n’ibitari ngombwa,.. “. M Irene ati:”Nyine niyo mitwe mibi yanyu mwakoresheje kugira ngo mu bangamire igitaramo ?. Bruce ati:”Ifoto se , ifoto se , ifoto kweli ? Ntabwo nigeze printing’a ifoto , ntabwo nshoboragukora ikintu nk’icyo, ariko se bwo niyo nayi printing’a , ubwo ni ifoto yanjye wazana hano simpatwike ?. Uzi ikibazo gihari , iki gitaramo ikintu cyansigiye, ahubwo cyatumye mbona ubwoba bantu bangirira. Niba babon ifoto yanjye bagasara , twihuriye amaso kuyandi ?”.

 

 

 

 

 

AAti:”Nta mwanya mfite w’ibyo bintu , sha ni uburezi, none ndanabibona nkaseka , noneho n’abantu bakuru bafite impara n’inda , bakabizamo , hwi hwi , oya oya ! Abo nibo bana babi, nibanjya babimubwira ajya abirenga yikomereze gahunda ze nta kintu na kimwe kibi rwose mwifuriza, nabafana be babimenye n’bafana banjye babimenye, numvise bavuga ibya ‘Battle’ , bazamuzana mubakubitire agakoni kunda ….”.

Bruce Melody yemeje ko amakuru y’indirimbo afitanye na Shaggy ndetse yemeza ko atigeze amwegera ngo amusabe gukorana.Ati:’Mfitanye indirimbo na Shaggy kandi ntabwo nigeze mbimuba”.

REBA HANO IKIGANIRO BRUCE MELODY YAGIRANYE NA M IRENE ARINACYO DUKESHA IYI NKURU.

 

Advertising

Previous Story

Umukobwa yakubiswe hafi gukurwamo ijisho nyuma yuko umuhungu amuterese ariko umukobwa akamwiryaho

Next Story

MU MAFOTO 30 : Reba ubwiza n’ubukaka bw’abahanzi baririmbye mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival mu karere ka Ngoma ! Abaturage baryohewe n’umuziki

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop