Anitha Pendo yagaragaje akanyamuneza yatewe n’igihembo yaherewe muri Ghana

01/04/2024 10:43

Umunyamakuru wa RBA Anitha Pendo yahwe igihe muri Ladies in Media Awards 2024 cyatangiwe muri Ghana tariki 30 Werurwe 2024.Anitha Pendo yahigitse bagenzi be 8 bari mu cyiciro kimwe cya ‘African Female Entertainment Show Host of The year [ Best Radio Host of the year ].

Anyuze kumbuga nkoranyambaga ze Anitha Pendo yifashishije akaririmbo ko gushima Imana yamubaye hafi ikamuha icyo gihembo ashimira na bagenzi be babana umunsi ku munsi.

Yagize ati:” Ntabwo nari nitegure iki gihembo ariko Imana yari izi igihe cya ntacyo kandi igihe cy’Imana ndacyizera. Nejejwe n’ubuntu bwe , imbabazi ze n’urukundo rwe.Iri niryo tangiriro”. Yakomeje ashimira Ladies In Media yateguye ibi bihembo kubwo gushyigikira abagore,Ashimira Rufonsiba , Uwimpundu Douce , Niyokubandiho Thabitha , Shumbusho Prince avuga ko bamwitangiye batitangiriye.

 

Advertising

Previous Story

Ku mukino wa Mukura na Rayon Sports umufana yaguye igihumure

Next Story

H.E Paul Kagame yongeye gushimangira ko ari umufana wa Arsenal ukomeye

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop