Amafoto ya Papa Sava akomeje ku rwaza benshi imbavu

09/11/2023 21:14

Umunyarwenya kabuhariwe Niyitegaka Gratien wamamaye nka Papa Sava akomeje kurwaza Abanyarwanda imbavu kubera uburyo yifotoje yambaye nk’abahanzi baririmba injyana ya Hip Hop.

 

Uyu mugabo umaze kugira amazina nk’ay’imarabiti, akomeje gutangaza benshi dore ko kuri ubu noneho yahawe izina ry’umuraperi abandi bamwita Burna Boy , [Kuri Instagram ye ], kubera imyambarire yagaragaje ubwo yashyiraga hanze amafoto adasanzwe.

 

 

Uyu mugabo anyuze kuri Konti ye ya Instagram yabanje gushyiraho ifoto imwe agira ati:”Ngo afotora ibirori neza cyane”.Ubwo yahise ashyiraho ifoto yambaye inkweto yo mu bwoko bwa Timba, amasogizi arimo amabara higanjemo umweru, ikabutura y’ikoboyi , umupira w’abaraperi n’amadarubindi gusa ifotoye mu buryo budasanzwe.

 

 

Nyuma y’aho yashyizeho indi foto , yambaye Bandana mu mutwe, afashe radio 2 ahagaze nk’abastari.Mu bitekerezo byatanzwe, Papa Sava yahawe amashyi gusa bibaza ibibaye, uwitwa 250Chris ati:”Uti Burna Boy wo mu Rwanda”.Undi witwa Bana ati:”Mfite amatsiko y’iyi Episode gira udutemo n’ubundi turabawe hh”.

 

 

Uretse kuba byafatwa nko gutebya ubusanzwe Papa Sava azwiho urwenya na cyane ko amazina yaherewe muri filime yakinnye nawe ubwe ashobora kuba atayibuka kuko filime yose akinnyemo birangira ariwe bayitiriye.

Advertising

Previous Story

Nyuma yo kotswa igitutu The Ben na Pamella bakubise hasi igiciro cyo kureba bukwe bwabo

Next Story

Abagore gusa : Dore ibintu byatuma umugabo wawe agaragara nk’umwami murugo rwe

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop