Somali security officers take position near Syl Hotel, the scene of an al Qaeda-linked al Shabaab group's attack, in Mogadishu, Somalia March 15, 2024. REUTERS/Feisal Omar

Abaturage bavuga ko abarwanyi ba Al Shabaab bateye Syl Hotel i Mogadishu

15/03/2024 15:13

Ku wa kane, abibasiye umurwa mukuru wa Somaliya bateye hoteri hafi y’ibiro bya perezida nyuma y’ibisasu biturika, abaturage n’abatangabuhamya bavuga ko Al Shabaab ifitanye isano na Al Qaeda ari yo nyirabayazana w’icyo gitero.

Aba baturage bavuze ko urusaku rw’amasasu rwakurikiranye ibisasu ku mugoroba wo ku wa kane, aho abagabye igitero batamenyekanye bateye muri Syl Hotel, akaba ari ahantu hateranira abantu benshi mu bayobozi ba leta ndetse n’abadepite.

Polisi n’abandi bavugizi ba guverinoma ntabwo bahise babasha gutanga ibisobanuro.

Umuturage Farah Ali utuye hafi y’ibiro bya perezida yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters ati: “Twabanje kumva igisasu kinini, hanyuma hakurikiraho urusaku rw’amasasu. Turumva ko abarwanyi bari imbere (hoteri) kuko twumva guhanahana imbunda.”

 

Undi muturage witwa Hussein Abdullahi, yavuze ko abasirikare barashe amasasu mbere y’iturika rya mbere kandi yumvise urusaku rw’imodoka yihuta.

Ati: “Hanyuma amasasu arakurikiraho. Nyuma yaho haje guturika, twumva guhanahana imbunda.”

Al Shabaab yavuze ko bari inyuma y’icyo gitero kandi ko bagose Syl Hotel.

Mu magambo ye, Al Shabaab yagize ati: “Mujahideen witwaje intwaro agenzura iyo hoteri kandi arasa abakozi n’abayobozi ba guverinoma y’abahakanyi muri hoteri.”

Lyvine Rwanda

His name is Livine Nsanzumuhira Ntambara known as Lyvine Rwanda,Studied Mass communication and Journalism at EAST AFRICAN UNIVERSITY,he works journalism as passion and professional

Advertising

Previous Story

Kuki Kenya itakuyeho igihano cy’urupfu

Next Story

Diplomate yikomye Frery usanzwe ukorera amashusho Ariel Wayz kumwima amashusho indirimbo ye

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop