Waruziko gusinzira wasamye ari bibi ku buzima bwawe, Dore icyo inzobere zibivugaho

16/02/2024 10:22

Abantu benshi bakunda kuryama ariko bagasinzira basamye gusa abantu ntibamenye neza icyo bivuze ku buzima bwabo. Muri iyi nkuru twifashishije inyandiko zitandukanye mukubategurira amakuru yizewe ku cyo inzobere zivuga ku muntu ukunda gusinzira yasamye, inshuro nyinshi.

 

Inzobere zivuga ko gusinzira wasamye Atari ibintu bikomeye cyane ku buzima bwawe gusa ngo ni ikimenyetso kiza kigaragaza ko ushobora kuba utari guhumeka neza muri iryo joro ndetsee bishimiye kugira ingaruka mbi ku buzima bwawe.

 

 

Icyakora ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko umuntu wabaswe no gusinzira yasamye bishobora kumuviramo kurwara indwara mbi ku mubiri we harimo kurwara umuvuduko w’amaraso ndetse na diabetes mu gihe atabashije kwivuze ngo areke gusinzira yasamye.

 

Umuntu ukunda kuryama cyangwa gusinzira yasamye akenshi mu gitondo abyukana umunaniro udasanzwe kabone nubwo we yaba yizera ko ashobora kuba yasinziriye neza iryo joro. Ibyo rero bigira ingaruka mbi ku mubiri w’umuntu ndetse bishobora kumuviramo kurwara indwara zitandukanye.

 

Inzobere zivuga ko abana bakunda gusinzira basamye bahura ningaruka mbi mu buzima bwabo harimo kudakura neza uko bikwiriye, umunaniro ukabije, kunanurwa gucunga no gukontorora amarangamutima yabo, rimwe n’arimwe bahura no kurwara indwara zirimo amenyo.

 

Abantu benshi bakunda gusinzira basamye akenshi basohora amacandwe mu kanwa Kandi ubusanzwe ayo macandwe ni ingenzi ko aguma mu kanwa kuko afasha amenyo yawe gukomera. Mu gihe rero urara wasanga cyane bishobora kugira ingaruka mbi ku mubiri wawe.

 

Ikindi gusinzira wasamye bishobora kudindiza gukura cyangwa gukomera kw’amagufwa yawe, cyane ku bana bakiri bato bakunda gusinzira basamye. Ikindi abantu baryama bagasinzira basamye ntibakunda guhumeka neza.

 

Mu gihe cyose ubwiwe cyangwa umenye ko ushobora kuba usinzira wasamye ihutire gushaka umuganga agufashe kumenya neza ikibazo ufite ndetse aguhe imiti ishobora kugufasha bityo wite ku buzima bwawe.

 

 

 

 

 

Source: www.rejuv-health.com

Advertising

Previous Story

Abasore bari mu myaka 30 nta gahunda bagira, njye nikundira abari mu myaka 40 umukobwa yikomye abasore

Next Story

Niwe muntu ufite izina rirerire ku isi, Uyu mukobwa afite izina rigizwe n’inyuguti 1,019

Latest from Ubuzima

Menya ibyiza utari uzi byo kurya ipapayi

Ipapayi ni urubuto rutangaje kandi rwuzuye intungamubiri nyinshi zituma ruba ingenzi mu mubiri w’umuntu. Aha twaguteguriye ibyiza bitandukanye byo kurya ipapayi: 1. Kubungabunga
Go toTop