Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame yajuririye icyemezo kimufunga by’agateganyo

23/11/2023 12:16

Umunyamakuru wigenga Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho gutukana muruhame, guhohotera uwatanze amakuru  ku byaha , gukoresha ibikangisho no gutangaza amakuru y’ibihuha, yajuririye icyemezo kimufunga iminsi 30 y’agateganyo.

 

Urukiko Rwibanze rwa Nyarugenge rwari rwategetse ko akurikiranwa afunzwe iminsi 30 y’agateganyo nk’Uko Ubushinjacyaha bwari bwabisabye.Ni icyemezo cyasomwe ku wa 7 Ugushyingo 2023 ndetse ahita yoherezwa muri Gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere.

 

Nkundineza amaze muri gereza iminsi 16 , akaba yaratawe muri yombi ku wa 16 Ukwakira 2023, bivuze ko amaze ukwezi n’iminsi 7 afunzwe.Nyuma y’icyemezo cyo kumufunga by’agateganyo rero, Nkundineza yahise akijuririra mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kubera kutishimira imikirize y’urubanza mu rwego rubanza.

Inkuru ya IGIHE

Advertising

Previous Story

Dr Frank Habineza yavuze ko agomba guhatana na Perezida Kagame mu matora y’umukuru w’Iguhu akamutsinda

Next Story

Ntuzemere umugore witwa Diana ! Umupasiteri yatunguranye ubwo yavugaga ko umukobwa witwa Diana birangira agukoresheje baramwagana

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop