U Buhinde: Abantu 28 baraye bahiriye munzu isanzwe iberamo imyidagaduro

28/05/2024 05:48

Muri Leta ya Gujarat  iherereye mu burengerazuba bw’u Buhinde , abantu 28 biganjemo abana baraye bishwe n’inkongi y’umuriro yibasiye inzu y’imyidagaduro.

Aya makuru yatangajwe n’ubuyobozi bwo muri iyi Leta ya Gujarat ashimangirwa na Police yaho, aho  Koiseri wayo  witwa Raju Bhargava  yemeje  ko inkongi y’umuriro yatangiye ku mugoroba  w’ejo aho abantu bakorera imyidagaduro. Bhargava yavuze ko ibikorwa  by’ubutabazi byahise bikorwa kandi umuriro ugenda ugabanuka.

Uyu yavuze kandi ko hakozwe ibishoboka  byose ngo hatabarwe abantu benshi, muri bo 20 bajyanywe kwa muganga. Umuyobozi mukuru muri iyi Leta Bhupendra  Patel yavuze ko itsinda ry’abakora iperereza ku buryo bwihariye ryatangiye kureba icyaba cyarateye iyo nkongi y’umuriro.

Amashusho yagaragaye kuri televiziyo yerekana umwotsi mwinshi mu kirere ndetse  agaragaza ko ahantu hahiye hangiritse  bikomeye. Polisi yo muri aka gace yavuze koi maze gufata abantu babiri bakekwaho kuba baragize uruhare muri iyi  nkongi y’umuriro.

Isoko: One India

Advertising

Previous Story

Abagabo gusa : Nutangira kubona umugore wawe ari gukora ibi bintu uzamenyeko ashaka ko umwiyegereza

Next Story

NYANZA: Habonetse umurambo w’umusaza utaramenyekana icyamwishe

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop