Tumwe mu dushya twagaragaye mu gitaramo cya Platini yise Baba Xperience mu myaka 10 amaze mu muziki

31/03/2024 10:07

Muri iki gitaramo cyabaga kuri uyu wa gatandatu hagaragayemo udushya twinshi tudasanzwe.

1.Umuhanzi Nizzo wo muri Urban Boys ubwo baririmbaga ku rubyiniro indirimbo till I die bakoranye na Riderman yahanutse yikubita hasi binagararaga ko yababaye cyane kuko yamaze hasi amasogonda menshi atarahaguruka ariko nyuma ariyumanganya arahaguruka akomeza kuririmba.Ibintu bitavuzweho neza cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga Batı ni inzoga nibiyobyabwenge yanyoye kandi n’impanuka zibaho


2.Umuhanzi Davis D yagaragaye muri iki gitaramo yitwa he umupfumu wari uhagaze inyuma yabo afite ihembe yambaye n’imigara imeze nk’iy’intore


3.Abana ba nyakwigendera Jay Polly bagaragarijwe urukundo rudasanzwe aho hakusanyijwe amafaranga menshi arenga miliyoni 16 agamije kuzabafasha mu myigire yabo kubw’urukundo n’uruhare uyu muraperi yari yaragize ku muziki nyarwanda

 

4.Umuhanzi ukomoka muri Uganda Eddy Kenzo ubwo yari ari muri iki gitaramo ari kuririmba ageze ku ndirimbo ye yise Weekend yakirwa n’abafana benshi bayibyina mu njyana gakondo nawe atega amaboko arabyina Ibintu byashimishije abantu benshi bari bitabiriye iki gitaramo

Lyvine Rwanda

His name is Livine Nsanzumuhira Ntambara known as Lyvine Rwanda,Studied Mass communication and Journalism at EAST AFRICAN UNIVERSITY,he works journalism as passion and professional

Advertising

Previous Story

Platini P yashimiye se wamuhaye 5,000 RWF byo kujya gukora indirimbo

Next Story

Abahanzi 10 bo muri Uganda bakize kurusha abandi

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop