Umuhanzi Tiwa Savage wamamaye muri muzika yatunguwe bikomeye ku munsi w’abakundana ategurirwa indabo nziza , igitanda kirategurwa n’aho yatunguriwe hashyirwa indabo nziza.
Mu mashusho n’amafoto byashyizwe kumbuga nkoranyambaga by’umwihariko za Tiwa Savage bigaragaza uburyo yari yishimye akimara kugera aho yateguriwe kwizihiriza umunsi w’abakundanye.
Tiwa Savage yavuze ko atari azi uwateguye icyo cyumba n’indabo nziza cyane.Ubwo Tiwa Savage yerekezaga ku cyumba yatunguwe n’indabo nziza cyane maze ashimira uwari we wese wabikoze. Ati:” Woow Wow Wow ! Ndashimira uwari we wese wankoreye ibi.Ntabwo nitegaga ibintu nk’ibi ku wariwe wese”.