Nyina wa Diamond Platnumz yabwiye amagambo akomeye Zuchu wujuje imyaka 30

23/11/2023 09:24

Ubwo uyu muhanzikazi yagiraga isabukuru y’amavuko , Mama Ndangote ubyara Diamond Platnumz yamubwiye amagambo akomeye amwifuriza kuramba.

 

Nyina wa Diamond Platnumz yabaye umwe muri benshi bahaye Zuchu ubutumwa ku isabukuru ye y’amavuko ubwo yuzuzaga imyaka 30.

Mama Ndangote anyuze kumbuga nkoranyambaga ze [ Instagram ] yashyizeho amafoto meza y’uyu mwari , arenzaho ubutumwa umubyeyi yaha umwana we.

Mama Dangote yagize ati:” Komeza urambire mu buzima bwuzuye umugisha”.

Uretse Mama Ndangote, undi wafatanyije na Zuchu ni mushiki wa Diamond Platnumz Esma Platnumz.

Uku kwifatanya na Zuchu ku isabukuru ye y’amavuko, byatumye benshi bongera gutekereza ko hagati yabo ari amahoro masa hagati yabo dore ko mu gihe gishize hari amakuru yavugaga ko aho umwe anyuze undi ahacisha umuriro bigatuma bavuga ko ariwe wabwiye umwana we kwiyunga na Tanasha Donna.

Tanasha Donna yahise yigaragaza mu buryo budasanzwe yifatanya na nyirabukwe mu isabukuru ye amuha impano nyinshi.

Nk’uko twabibagejejeho , umubyeyi wa Zuchu Khadija Koa , nawe aherutse gutangaza ko yifuza ko umukobwa we yamuzanira Diamond Platnumz murugo rwe agatanga inkwano ndetse ngo bagakora n’indi mihango.

Advertising

Previous Story

Davido n’umugore we bakase Cake yakataraboneka basangira n’inshuti zabo

Next Story

Inyungu za Trace Awards 2023 mu ntoki za Bruce Melodie ugiye gutaramana na Nick Minaj , Usher Raymond IV , Shaggy n’abandi

Latest from Imyidagaduro

Intare FC yasinyishije umukinnyi mushya

Umuyobozi wa Intare FC, Byabuze Gatibito yavuze ko nta biganiro bigeze bagirana na Mukura VS yatangaje ko yasinyishije Ishimwe Jean-René wari intizanyo y’iyi kipe
Go toTop