M23 yongeye kuraswaho nyuma y’inama yahuje abasirikare bakomeye i Goma

04/03/2024 11:16

Urusaku rw’imbunda zikomeye rwongeye kumvikana muri Congo mu duce twa Mweso na Mabenga muri Teritwari ya Masisi kuva mu Gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nkuko bamwe mu bari hafi aho babivuga.

 

Muri iki gitondo kandi M23 yatangaje ko ingabo za Leta , iz’u Burundi , iza SADC n’ingabo n’imitwe yitwaje intwaro ifatanya na FARDC zagabye igitero kuri uyu mutwe zifashishije intwaro zikomeye n’imodoka z’intambara.

 

Izi ntambara zongeye kubura nyuma y’igisa n’agahenge mu gace k’intambara ka Masisi ahegereye Sake.Biba nyuma y’inama y’abagaba b’ingabo za bimwe mu bihugu by’ihuriro rya SADC byohereje ingabo muri Congo.

 

Aba bagaba b’ingabo z’u Burundi, DRC ,Malawi , Afurika y’Epfo na Tanzania bahuriye i Goma mu mpera z’icyumweru gishize banasuye agace Mubambiro ku nkengero za Centre ya Sake.Umuvugizi w’Ingabo za Congo yabwiye abanyamakuru ko abo basirikare ubwabo bagiye kwirebera uko ibikorwa bya gisirikare byifashe no gukaza ingamba zo gukomeza kurwana.

Advertising

Previous Story

Umuraperi w’umunyamerika, Rick Ross yacyeje Burna Boy nkumuhanzi mwiza nyafurika w’ibihe byose.

Next Story

Spice Diana yemeje ko ari mu rukundo nyuma y’igihe atagira umukunzi

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop