Hamenyekanye akayabo k’amafaranga y’ishuri Diamond Platnumz na Tanasha Donna bishyurira umwana wabo Naseeb Junior

10/11/2023 13:23

Diamond Platnumz na Tanasha Donna ni ababyeyi ba Naseeb Junior ndetse bose bashimishwa nawe.Uyu mwana kuri ubu ari kwiga mu ishuri rya Braeburn mu Mujyi wa Dar es Salam.Uyu mwana wavutse kwezi kwa Nzeri 2019 arimo kwigira mu Mujyi wa Dar es salaam mu kigo mpuzamahanga na cyane ko yishyura arenga Miliyoni 1.4Ksh arenga Miliyoni 11 z’Amafaranga y’u Rwanda.

 

 

Diamond Platnumz na Tanasha Donna bashyize uyu mwana muri iri shuri nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye.Binyuze mu mashusho yashyizwe kuri konti ya Instagram ya Naseeb Junior  ndetse na Mama Dangote akayashyira kuye , byagaragaye ko uyu mwana yari avuye ku Ishuri.

 

 

Uyu mwana yari yambaye umwambaro w’ishuri , wiganjemo ubururu n’umweru inyuma hari Logo y’ikigo cy’ishuri rye, ariryo Braeburn Group Of International School riherereye mu Mujyi wa Dar Es Salaam.Uyu mwana ari mu mwaka wa mbere w’amashuri y’inshuke  ndetse amafaranga yishyura ku mwaka muri iri shuri ni Ibihumbi 9.390 USD akangana na 1,424,932 Ksh , mu mafaranga y’u Rwanda akaba ari Miliyoni 11,352,247.55 RWF.

 

Uyu mwana ari mu mwaka wa Mbere w’amashuri y’inshuke ndetse muri iri shuri rivuga ko umwana wiga muri iki cyiciro agomba kuba afite imyaka nibura 3 y’amavuko ndetse ibikorwa byambere biba ari ukwitegereza no kuvumbura.Muri iri shuri bakoresha ibikoresho karemano bagakora ibintu bitandukanye birimo ; Ibyo kurya n’ibindi bitandukanye

Advertising

Previous Story

BREAKING NEWS : Umubyinnyi Titi Brown yagizwe umwere ahita afungurwa

Next Story

Dore uburyo bwiza bwo gukoresha agakingirizo ku bagabo

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop