Advertising

Dore impamvu ukwiye kurya urusenda mu biryo urya buri munsi

31/12/2023 11:11

Kimwe mu birungo cyangwa iryoshya bityo abantu benshi bakunda ni urusenda, Hari abarurya kuko bizera ko rubatera appetit yo kurya cyangwa se hakaba hari n’abandi urusenda ruryohera. Muri iyi nkuru twifashishije inyandiko zizewe mukubategurira amakuru yizewe ku byiza byo kurya urusenda.

 

 

Guhera uyu munsi niba nawe utarya urusenda ukwiye kubyiga kuko rufite akamaro gakomeye cyane mu mubiri wawe. Nawe ururya kuko urukunda cyangwa rugutera appetit, uyu munsi ni ngombwa ngo umenye akamaro rukugirira mu mubiri wawe.

 

 

Icyakora urusenda turi kuvuga hano, si izi nsenda zikorerwa mu nganda kuko zo zongerwamo ibindi bintu, ahubwo turi kuvuga urusenda piripiri uru rw’imisogwe kuko rwo ruba rukimeze neza ndetse ruvuye mu murima.

 

 

Dore akamaro ko kurya urusenda mu biryo urya buri munsi;

 

 

1.Rufasha Umutima wawe kumera neza.

Kurya urusenda mu biryo urya buri munsi bituma utarwara Umutima cyane kuko urusenda rwifitemo intungamubiri zifasha amaraso gutembera no gukora neza mu mutima.

 

 

2.Rukurinda kurwara diabetes:

 

Ikindi inzobere zivuga ko kurya urusenda mu biryo urya buri munsi bituma utarwara Diabetes cyane ko ngo urusenda rufite ubushobozi bwo kugabanya isukari mu mubiri wawe.

 

 

3.Rukirinda uburibwe

 

Ikindi urusenda ruzwiho kurinda uburibwe ushobora guhura nabwo, inzobere zivuga ko urusenda rimwe narimwe rutuma utaribwa umutwe cyane mu gihe uguze ikibazo runaka mu Mutwe.

 

 

4.Rufasha mu igogora

 

Urusenda rufasha umubiri wawe mu igogora aho rushobora gufasha umubiri wawe kuba wafatwa na zimwe mu ndwara zishobora guterwa nibyo wariye harimo nka Diarrhea.

 

 

5.Rukurinda umubyibuho

 

Inzobere zivuga ko Kandi urusenda rufite ubushobozi bwo kugabanya umubyibuho kuko ngo urusenda rukamura bimwe mu binure biri mu mubiri wawe bityo bigatuma utabyibuha.

 

 

 

 

Source: ghettoradio.co.ke

Previous Story

Kenya : Umukecuru w’imyaka 89 yafashwe ku ngufu hafi kwicwa

Next Story

Waruziko igikoma gifitiye umumaro umubiri wawe, Dore impamvu ukwiye kunywa igikoma buri munsi

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uburyo bwiza bwo kuryama bwakurinda kugona

Iyo umuntu aryamira uruhande rw’ibumoso bigira ingaruka nyinshi kandi nziza mu mikorere y’umubiri. Ni mu gihe abantu benshi bibaza uburyo bwiza umuntu akwiye kuryamamo

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop