Advertising

Dore ibyo wakora kugirango wirinde umubyibuho ukabije

06/07/2024 10:12

Umubyibuho ukabije ni ikibazo cy’ubuzima gifata abantu benshi ku isi yose, kandi gishobora guteza ingaruka nyinshi ku buzima bw’umuntu. Gusa, hari uburyo butandukanye bwo kwirinda umubyibuho ukabije kandi bugafasha mu kugumana ubuzima buzira umuze.

Imirire Ikwiriye: Kurya Ibiryo Bikungahaye ku Ntungamubiri, Fata imbuto, imboga, ibinyampeke bitunganyije (whole grains), n’ibiryo bifite poroteyine nziza nka za legumes, amafi, inyama zidafite amavuta menshi, n’ibindi.

Kugabanya Ibiryo Bifite Isukari N’ibinyamavuta: Ujye wirinda ibiryo bifite isukari nyinshi n’ibinyamavuta byinshi, birimo ibinyobwa by’isukari, ibiryo bitetse mu mavuta menshi, n’ibindi bikwiriye kwirindwa.

Kugabanya Ibiryo byo mu nganda (Fast Foods): Fast foods akenshi biba birimo amavuta menshi n’isukari nyinshi, bityo kubirya kenshi bishobora gutera umubyibuho ukabije.

Siporo: Kwitabira imyitozo ngororamubiri mu buryo buhoraho ni ingenzi. Ushobora gukora siporo nko kwiruka, kugenda n’amaguru, kogoga, cyangwa izndi siporo zikorohera.

Kurya Mu rugero: Gerageza kurya mu rugero kugira ngo wirinde kurya cyane bishobora kukuviramo umubyibuho ukabije.

Kwirinda Stress:Gushaka Ibyo Ukunda bikurinda Stress nk’amasengesho, yoga, cyangwa gusoma ibitabo bishobora kugufasha kugabanya stress no kwirinda kurya cyane kubera stress.

Kwisuzumisha Kuri Muganga: Kujya kwisuzumisha buri gihe ku muganga no kureba niba nta kibazo cy’ubuzima cyatuma ubyibuha cyane. Muganga ashobora kugufasha kubona inama zijyanye n’uburyo bwo kwirinda umubyibuho ukabije.

Kwirinda umubyibuho ukabije ni ingenzi ku buzima buzira umuze kandi bifasha mu kwirinda indwara zituruka ku kubyibuha cyane nk’umutima, diyabete, n’izindi. Ni ingenzi gushyira mu bikorwa izi nama kugira ngo ubashe kugumana ubuzima bwiza.

Previous Story

Ese wari uziko hari ibimenyetso byawekereka ko urwaye kanseri y’inkondo y’umura?

Next Story

Ubushakashatsi bwagaragaje ibihugu 10 birimo ubusambanyi bwinshi kurusha ibindi muri Africa

Latest from Ubuzima

Ibyiza byo koga amazi akonje

Hari abantu bamwe bakunda koga amazi akonje, abandi bakabitinya, bagahitamo kaga ashyushye. Nyamara burya buri kintu cyose kigira ibyiza byacyo niyo mpamvu muri iyi

Uburyo bwiza bwo kuryama bwakurinda kugona

Iyo umuntu aryamira uruhande rw’ibumoso bigira ingaruka nyinshi kandi nziza mu mikorere y’umubiri. Ni mu gihe abantu benshi bibaza uburyo bwiza umuntu akwiye kuryamamo

Uko wakivura indwara y’umujagararo

Nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza abantu benshi bahanganye n’amaganya,30% by’abantu bakuru bose bo muri Amerika, bazakubwira ko gushaka inzira nziza zo kurangaza ibitekerezo byawe bitoroshye. Ibimenyetso

Inyamaswa zihaka igihe kirekire

Ijambo guhaka rikoreshwa ku bisimba binini by’ibinyamabere nk’inka, gusa ku muntu harimo umwihariko, hakoreshwa ijambo gutwita. Hano ku umunsi.com twabakoreye urutonde rw’inyamaswa zihaka igihe
Go toTop