“Boss yansanze ryamye amanura ikariso aransambanya antera inda anyanduza na SIDA ” – VIDEO

05/12/2023 19:46

Akenshi biragora kuvuga ubuhamya gusa nanone hari abahitamo kuvuga ubuhamya bwabo kugira ngo babohoke ndetse babohore n’abandi.

 

Mu kiganiro na Gerard Mbabazi , umugore yashize amanga avuga uburyo umukoresha we yamusambanyije yabanje kumukuramo ikariso.

 

Mu kiganiro na Gerard Mbabazi kuri Channel ye ya YouTube [Inkuru yanjye] , yagize ati:”Ariko uwo munsi ndwaye ,twahise turyamana.Yangejeje murugo nyine nk’umuntu wanyitayeho , uwo munsi turyamanira aho yari yanshumbikishirije.

 

Uwo munsi nari ndwaye avuye kumvuza, nawe urabizi ukuntu imiti ya Maraliya. Ubwo yangezeho , akora ibyo akora nk’amasegonda aba amvuyeho.

Narindi muto ntabwo ntamenye ibyo arimo na cyane ko nta namasegonda byamaze.Yabikoze nk’ababandi babikora , bakabikora nko kubipa , ariko urumva narindwaye , biranshanga kandi urumva yari na Boss wanjye.Ubwo rero basanga ndwaye SIDA, Sida natinyaga iba ingezeyo nyigejejweho na Boss”.

 

Uyu mubyeyi yemeje ko bamupimye SIDA ubwo yari atwite agiye kwamuganga , aba arinabwo bayimusangamo.Yavuze ko kandi ibibazo byinshi byatumye anywa inzoga nyuma y’aho yashakanye n’umugabo akajya amuca inyuma , abagore be nabo bakajya bamutuka kubera ibyuririzi by’indwara ya SIDA byari bitangiye kumugaragaraho.

 

Muri iki kiganiro , bagiranye na Gerard Mbabazi.Twahisemo kukibasangiza kugira ngo murebe ikiganiro cyose.

Advertising

Previous Story

Hasohosotse igice cya 2 cya Filime ‘Bad Fame’ ikinwamo n’umunyamakuru Shalomi Wanyu – VIDEO

Next Story

Ese bite by’urubanza rwa Kazungu , azaburana ryari ?

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop