Bakomeje kubana

Bashakanye bafitanye isano babyarana abana bafite intoki icumi

by
05/04/2023 09:45

 

Abibazaga impamvu abakunzi bagiye gushakana babanza kuvuga ibisekuru by’abo, hari impamvu ikomeye. Burya ni uko baba bagira ngo badashaka bahuje isano. Kuri uyu musitari wa tiktok ‘Celina quinones’ ufite abamukurikira barenga ibihumbi 300,we yisanze yarashakanye na mubyara we.

Bombi barasa pe!

 

Nk’uko bigaragara baras pe! Ndetse nk’uko tubikesha ‘New york post’ bavuga ko bo bari bazi ko impamvu basa, ari kwa kundi abantu baba bakundana cyane. Ariko muri 2016 ubwo bajyaga kwita izina umwana w’abo bahurije ku izina rimwe rya sekuru w’abo birabatangaza.

 

Nibwo biyemeje kujya gufata ibizamini bya DNA maze basanga bafitanye isano ndetse rya hafi barushaho kumirwa. Hakibazwa impamvu mu gutegura uhukwe bw’abo nta muntu wigeze abarabura, kugeza ubwo barinze banabana.

Celina_Quinones_and_Joseph_Quinones4

 

Ubu uyu muryango ufite abana batatu aho bavuga ko abana b’abo ari bazima, bafite intoki 10 ndetse n’amano icumi. Celina yavuze ko yakundanye n’umugaho we amezi ane mbere y’uko babana, kandi ko batigeze bakeka ko bfitanye isano habe na rimwe.

 

Celina avuga ko nyuma yo kubimenya, batekereje gutandukana ariko bareba abana batatu b’inzirakarengane baba babigendeyemo, bahitamo kubireka ahubwo biyemeza gukomerezaho bakaba ababyara beza, abakunzi beza n’ababyeyi beza.

Bakomeje kubana

 

Ibi byose yabitangaje muri video yashyize kuri tiktok, aho ubu imaze kurebwa n’abarenga moliyoni 4. Ubu bamaranye imyaka 17 babana kandi barakomeje.

 

Source: New York Post

Image from: best life

Advertising

Previous Story

Niwe mugore wa mbere ukize cyane ku isi

Next Story

Perezida w’urwanda Yazaniye amazi uwa Kenya ahita asomaho

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amateka yaranze Tariki 26 Nyakanga

Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ibyaranze iyi tariki mu mateka.Nihagira icyo wifuza kirenze ukidusigire ahatangirwa ibitekerezo. Uyu munsi tariki 26 Nyakanga, ni umunsi
Go toTop