Monday, May 6
Shadow

Author: umunsi .com

Yesu na Satani bihaye ‘Blue Tick’ kuri Twitter

Yesu na Satani bihaye ‘Blue Tick’ kuri Twitter

Imikino
Urubuga rwa Twitter rwahagaritse gutanga ‘Blue tick’ nyuma y’akajagari no guha ako kamenyetso konti nyinshi mpimbano kuko benezo babashije kwishyura ikiguzi cyashyizweho cya $8, nk'uko ibiro ntaramakuru Reuters bibivuga. Kuwa gatatu, Twitter yatangije ubu buryo bwo kwishyura ugahabwa ‘Blue tick’ ku izina rya konti yawe hadashingiwe ku mwirondoro w’ukuri.Guhera kuwa kane konti nyinshi mpimbano zatangiye kubona ako kamenyetso, ubundi mbere kasobanuraga ko iyo konti ‘yagenzuwe’ kandi ‘yizewe’.Konti yitwa Jesus Chris ndetse n’iyitwa Satan ziri mu zahise zibona iyo ‘blue tick’ kuko abazikoresha babashije kwishyura. Ukoresha konti ya Jesus Christ, utifuje gutangazwa, yabwiye ikinyamakuru Business Insider ko yafunguye iyi konti "@Jesus" mu 2006 kugira ngo ajye “asetsa a...
Nyuma y’urupfu rw’imfura ye, Davido yasubitse ibitaramo yari afite muri Amerika

Nyuma y’urupfu rw’imfura ye, Davido yasubitse ibitaramo yari afite muri Amerika

Imyidagaduro
Umuhanzi David Adeleke uzwi cyane nka Davido, nyuma yo gupfusha umwana w’umuhungu we w’imyaka itatu, yatangaje ko ibitaramo yagombaga gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byasubitswe. Amakuru y’urupfu rw’imfura ya Davido, yitwa Ifeanyi Adeleke w’imyaka itatu yamenyekanye itariki ya 01 Ugushyingo 2022, arohamye muri pisine mu rugo rwa Davido ahitwa Banana Island.Umuhanzi David Adeleke uzwi cyane Uyu mwana w’umuhungu Davido yamubyaranye n’umukunzi we Chioma Rowland. Davido yafashe umwanzuro wo gusubika ibitaramo byose yari afite, mu itangazo ryashyizwe hanze, rivuga ko bitari byoroshye gufata umwanzuro nk’uwo. Iryo tangazo rigira riti “Twakoze byinshi byari bikomeye, ariko umwanzuro wo gusubika iserukiramuco rya ‘Are We Africans Yet?’ (A.W.A.Y Festival) ni ibin...
Hasohotse igitabo cy’imikino 21 y’abana kizasomwa ku buntu

Hasohotse igitabo cy’imikino 21 y’abana kizasomwa ku buntu

Imikino, Inkuru Nyamukuru
Umuryango witwa ‘Kina Rwanda’ ukangurira ababyeyi n’abarezi gukina n’abana, wasohoye igitabo kirimo imikino 21 abana n’ababyeyi bazajya basoma ku buntu, bagisanze mu masomero yose mu Gihugu. Umuyobozi w’uwo muryango, Malik Shaffy Lizinde avuga ko umuntu uzasoma icyo gitabo cyitwa Dukine, a zaba yungutse uburyo bumufasha guha umwanya abana aho kwihugiraho.Ati "Harimo imikino itandukanye nko gusimbuka, kwihisha, uwo bitaga ’ngiye gushoza intambara’, ni agatabo kabonwa ku buntu, kazaba kari ku masomero 81 yo mu Gihugu n’ahandi hatandukanye, mu cyaro bazadukura mu masomero y’uturere." Malik avuga ko ku ikubitiro bazasohora kopi 1000 z’utwo dutabo, ndetse badushyire ku mbuga za murandasi zitandukanye, harimo urwa Kina Rwanda, urw’Isomero rusange (Kigali Public Library) n’a...