Advertising

Rayon Sports iri mu biganiro na Haruna Niyonzima

15/06/2024 22:39

Captain w’ibihe byose w’Ikipe y’Igihugu Amavubi , Haruna Niyonzima amakuru aravuga ko ari mu nzira imugarura mu Rwanda mu ikipe ya Rayon Sports.

Haruna Niyonzima w’imyaka 34 y’amavuko, arasoza amasezerano muri Al Taawon yo muri Libya muri uku Kwezi kwa Kamena tariki 30.Rayon Sports, irimo kuvugwaho kuganira na Haruna Niyonzima mu gihe na Police FC iticaye ubusa.

Mu yandi makuru twababwira ko Mukuru Victory Sports yamaze gusinyisha Umunye-Congo ukina hagati witwa Jordan Nzau wakinaga mu ikipe ya Etincelles FC yo mu Karere ka Rubavu.

Gorilla FC nayo yamaze gusinyisha Frank Nduwimana wo mu gihugu cy’u Burundi mu ikipe ya Musongati FC.

Frank Nduwimana ukina ku ruhande rw’iburyo, yatsinze ibitego 18 muri Shampiyona y’iki gihugu.

Tubibutse ko Haruna Niyonzima ari mubasabaga Hakizimana Muhadjiri kujya muri Rayon Sports ariko bikarangira bitabaye”

Lyvine Rwanda

His name is Livine Nsanzumuhira Ntambara known as Lyvine Rwanda,Studied Mass communication and Journalism at EAST AFRICAN UNIVERSITY,he works journalism as passion and professional

Previous Story

#AMATORA24: Bruce Melodie na Bwiza bakoranye indirimbo irata ibigwi bya Perezida Kagame

Next Story

Rayvanny na Harmonize bashyize urwango hasi bakorana indirimbo – YUMVE

Latest from Imikino

Kenya: Kipyegon Bett yapfuye ku myaka 26

Kipyegon Bett, umukinnyi w’imikino ngororamubiri wo muri Kenya watsindiye umudali wa bronze mu kwiruka metero 800 muri 2017 muri Shampiyona y’Isi yabereye i London,
Go toTop