Ariel Wayz yateguje indirimbo ibwira umusore wamubabaje agashaka kumugarukira

03/05/2024 17:57

Ariel Wayz , utajya wifuza kuva mu matwi y’abafana be, yateguje indirimbo igaruka ku musore bahoze bakundana akaba ashaka ko basubina bagakundana.

Anyuze ku mbuga nkoranyambaga, Ariel Wayz yasangije abakunzi be imbanziriza mushinga w’indirimbo ye, ababwira ko yayiteguriye umukunzi batandukanye wa musabye ko bakongera gukundana.

Mu magambo ye yagize ati:”Nanditse iyi ndirimbo kubera ko uwahoze ari ukunzi wanjye yansabye kungarukira.Yoherereze uwo mwahoze mukunda nawe niba warafashwe”.Uyu mukobwa yibukije uwo batandukanye ko ntako atari yaragize ngo yemere ko bakundana.Yagize ati:” Wambwiye ko ukeneye urukundo ndaruguha, umbwira ko ukeneye umwanya ndawuguha, wansabye byinshi ndabikora.

“Uko umbona nahuye na benshi banyeretse ko nayobye inzira ariko wampaye impamvu nakabaye narabizeye”.Muri ubu butumwa yaciye amarenga y’uko ashobora kuba yarabonye urukundo.Ati:” Kuki ukomeza kugerageza kungarukira kandi warankinishije ijoro n’amanywa ? Ntabwo njya nifuza gukina imikino yawe warampemukiye ariko ndi umunyamugisha.

Si nshaka gukina iyo mikino ukundi , ibyo wakoze ninjye ubizi , nta n’uwo nifuriza kubibona naguhaye ibyanjye byose urabizi.Umbabarire nafashe undi, ubu narafashwe”.

Previous Story

Diamond Platnumz arasabwa inka 500 kugira ngo yongere arongore Tanasha Donna

Next Story

Sarpongo yongeye gushimangira ko akunda APR FC kurenza Rayon Sports

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop