Jose Chameleon yashimiye u Rwanda muri muzika ye

03/05/2024 07:44

Umuhanzi Jose Chameleon ni umuhanzi wamamaye muri Uganda no muri Afurika muri rusange.Uyu muhanzi yagereranyije Kenya nka nyina ashaka kwerekana uruhare umuziki yagize mu buzima bwe avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu byamubaye hafi.

Ubwo yizihizaga imyaka 45 y’isabukuru ye, nibwo yashimangiye uburyo akora umuziki awukunze yitsa kuri Kenya nka kimwe mu Bihugu bya Afurika cyamufashije kumenyekana guhera yatangira umuziki mu myaka yo muri 2000.

Mu butumwa yanyujije kumbuga Nkoranyambaga ze, yashimiye ibihugu byo muri Afurika by’umwihariko Kenya.Muri ubu butumwa yagereranyije Uganda  nk’umugabo.Ati:”Nditura Abagande bose nka Papa wanjye.Kenya ni mama wanjye Afurika y’Epfo, Rwanda , DRC na Afurika muri rusange.Ibisigaye ni amateka. Ku myaka 45 mfite impamvu yo gushimira umugisha nagize.Imana niyo nkuru”.

Yavutse ku wa 30 , Mata , 1979, mu Mujyi wa Kampala.Yabaye umuhanzi avuye muri bagenzi 8 bavukana.Yamamaye mu ndirimbo zirimo; Mama Mia, Mambo Mbado, Bayuda n’izindi.Kugeza ubu abarirwa Album 13 yatangiye gushyira hanze muri 2000 ubwo yatangiraga umuziki.Uyu muhanzi yatangaje ko agomba gukora igitaramo yishimira imyaka amaze muri muzika.

JC. Photo/Wp
Previous Story

Ferwafa yavuze ku barwanira kuri stade n’abateza akavuyo

Next Story

Yagombaga kujya akora indirimbo 30 mu Kwezi ! Element yasezeye muri 1:55AM

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop