Advertising

P.Diddy yakuze asengera muri Gaturika ndetse ari n’umuhereza wa padiri

15/10/2024 15:37

Umuraperi P.Diddy yahoze ari umuhereza mu kiliziya,  ubwo yigaga mu ishuri ryisumbuye rya Katolike I Bronx, ho mu Mujyi wa New York. Diddy izina nyaryo yitwaga ryari Sean Combs, ndetse yaje kurangiriza amshuri hamwe n’umwubatsi ukomeye ariwe Georgia, ibyamamare mu gukina filime Lillo Brancato, Ronnie Ortiz-Mangro, Jersry Shore, Andre Royo  ndetse na The Wire.

Combs ubwo ysozaga amashuri yisumbuye mu wa 1987 yakomereje muri kaminuza ya Howard iherereye I Washington DC. Diddy ntabwo yabashije gusoza icyiciro cya mbere cya kaminuza gusa yari ikimenyabose mu kigo kubera gutegura ibirori, ndetse izina rye  ryaragutse rigera ni I Hollywood.

Justin umuhungu w’imfura wa P.Diddy nawe yize mu ishuri rya katolike, yari umukinnyi udasanzwe muri LOna Prep, ndetse agisoza amashuri yagerageje ibintu bitandukanye harimo umuziki, gukina umupira ndetse na  UCLA.

Muri Mata 2016, amakuru yo muri Amerika yatangaje ko Combs  yari inyuma y’ishyirwaho ry’ishuri rya Charter ryari rigiye gufungurwa i Harlem muri uwo mwaka.

Mu mwaka wa 2008, yatangarije ikinyamakuru Daily Telegraph agira ati :”Nkurikiza ikiza nkanga ikibi, nkasengera mu rusengero, mu Kiliziya cyangwa muma Sinagogi, nizere ko hariho Imana  imwe rukumbi”.  Gusa ubwo yari mukiganiro mbwirwa ruhame muri 2023 P Diddy  yasobanuye ko abona Imana ari nk’umugore.

Daddy yigeze gutangaza ko ijwi ry’Imana ariryo rya mutumye mu muziki ubwo ahitamo gukora injyana ya RnB kugira ngo ubutumwa bwe buzagere kure.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Jason Deluro yatagaje ko yifuza kubyara abana benshi akagura umuryango we

Next Story

Anerlia Muigai n’umukunzi we bari mu byishimo nyuma yo kuva ku nzoga

Latest from Inkuru Nyamukuru

Amavubi yatsinze Benin ayirusha

Ikipe y’Igihugu y’uRwanda Amavubi yatsinze Bénin ibitego 2-1 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’afurika 2025 kizabera muri Morocco, n’Umukino w’Umunsi wa 4 mu
Go toTop