Advertising

Murumuna wa Tupac yagize icyo atangaza nyuma yifatwa rya P.Diddy

12/10/2024 15:50

Mopreme Shakur, Umuvandimwe w’icyamamare muri rap Tupac Shakur yagize icyo avuga ku iperereza rishya ry’umuryango we ku rupfu rwa murumuna we nyuma yifatwa ry’umuiraperi P Diddy uregwa ibirego birenga 100 birimo ihohotera rishingiye ku gitsina ndetse nibindi.

Tupac Shakur, umuraperi w’icyamamare yiciwe mu modoka yo mu bwoko bwa BMW  yari atwaye i Les vegas  nyuma yo kuva kureba umukino w’iteramakofe kuri stade ya MGM Grand, nk’uko bitangazwa n’uwari umuyobozi wa lebel yabarizagamo.

Mopreme akaba umuvandimwe wa Tupac Shakur yatangaje ko afite gushidikanya ku kuba P Diddy yarahakanye yivuye inyuma ko nta ruhare yagize mu iraswa rya Tupac Shakur.

Bije mu gihe umuryango wa Tupac wasabye umunyamategeko wabo gutangira iperereza kuri P Diddy ngo bamenye niba nta ruhare yagize mu iyicwa rya rye.

Tupac Shakur
Iyi foto igaragaza Tupac Shakur ku ya 15 Kanama 1996, mbere y’ukwezi kumwe ngo yicwe.
Iyi foto yatanzwe n’ishami rya poisi ya Las Vegas Metropotan yerekana imodoka yuzuye amasasu aho umuraperi Tupac Shakur yarasiwe muri Nzeri 1996, I Las Vegas.

Mopreme umuvandimwe wa Tupac yatangaje ko atizeye 100% ko ari amagambo kubyo P.Diddy yatangaje bityo bagomba kumenya ukuri n’ikinyoma.

Iki kiganiro Mopreme yakoze kije mu gihe Diddy yatawe muri yombi akekwaho ihohoterwa rishingiye ku igitsina  ndetse n’ubujura buciye icyuho kuya 16 Nzeri. Kuva icyo gihe abarenga 120 batanze ibirego gusa gusa ubwo Sean Combs uzwi nka P. Diddy atabwa muri yombi.

Sean Combs uzwi cyane mu amazina nka P. Diddy
Diddy wagaragaye kenshi ko ari inshuti na Notorious BIG ahagana muri za 90 bari muri Califoroniya amaze igihe kinini ashinjwa kuba yarateguye iyicwa rya Tupac shakur mu 1996.

Ubwo P.Diddy yitabaga urukiko agaragiwe n’umuryango we yasabye gutanga ingwate y’amafranga gusa Urukiko rubitera utwatsi.Umucamanza yatanze itariki yo kuburana ndetse afungura amarembo k’umuntu wese waba waragezweho na Diddy kuzana ikirego.

Abashinjacyaha batangaje ko urubanza rwabo ruzatwara ibyimweru bitatu mu gihe abunganira Diddy bavuze ko bizasaba icyumweru kimwe kugira ngo baburanire umukiriya wabo.

Ukurikije ibirego bakomeje gushinja  P.Diddy  umuryango wa Tupac urasaba ko urubanza rwa Diddy rwasubirwamo kandi bagashaka avoka ukomeye kugira ngo bamenya niba yaragize uruhare mu iyicwa rye ryo mu wa  1996.

Umuryango wa Tupac wahaye akazi umushinjacyaha w’icyimenyabose muri New York yitwa Alex Spiro ndetse anahagarariye Eric adams wareze Diddy kucyaha cyo kumufata kungufu.

Mopreme umuvandimwe wa Tupac abajjwe ibijyanye n’intambara ya Diddy iri ubu, yagize ati: “ntaho muriye n ‘ibihe arimo. Ibibazo byacu byabaye mbere yibyo aregwa.”

Bivugwa ko, Davis yabwiye polisi ya LAPD ko 2008 combs uzwi nka P.Diddy yamuhaye million  y’amadolari yo kwica Tupac shakur hamwe n’umuyobozi wa  ROW RECORDS SUGE KNIGHHT (uwo ubona iburyo).

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Kenya : Umugore yatangaje ko yakoreshej e arenga Miliyoni 4 RWF avuza injangwe ye gusa bikarangira ishyinguwe

Next Story

Kenya: Abaturage ntabwo bishimiye umwanzuro wa Leta ushobora gukemura ikibazo cy’umuriro muke bafite

Latest from Inkuru Nyamukuru

Go toTop