Umukobwa yamburiye Davido ikoti mu gitaramo

21/04/2024 11:16

Ubwo igitaramo cyari kirimbanije , umukobwa w’uburanga budasanzwe yambuye Davido ikoti araryambara bitangaza benshi cyane nyuma yo kumubona yarigize irye.

Ni mu gitaramo cyabereye mu Mujyi wa New York, aho David Adedeji Adeleke [DAVIDO], yamburiwe i Kote.Nyuma yo kwamburwa iri koti, benshi bashyize ubutumwa ku mbuga Nkoranyambaga babaza uyu mukobwa impamvu yatwaye iri koti.

Uyu mukobwa yaje kugaragara muri iri koti , mu mashusho ari kubyina aryambaye ,asa n’uwasazwe n’ibyishimo.Muri aya mashusho uyu mwari yumvikanye ari kwigamba kwambura Davido ikoti rye ari kubivuga mu majwi yo hejuru cyane.Mu busesenguzi bwakozwe na bamwe, byaje kugaragara ko ari irya Davido kuko ariwe wari uryambaye mbere y’igitaramo.

Amakuru avuga ko iri koti rishobora kuba ryavuye kuri Davido ubwo yarifataga ari mu gitaramo hagati akarijugunya mu bafana bityo, uyu mukobwa akarifata agahita arigira irye akaryambara.Ni amashusho yakwirakwijwe ku mbuga Nkoranyambaga zitandukanye.Bamwe bamusabye kuribagurisha kugira ngo babashe gutunga iby’icyamamare.

Previous Story

Yatangaje imyaka ye ! Shaddyboo yarahiriye kutazongera gutangaza umukunzi we

Next Story

Kenya: Umasaza w’imyaka 67 wakundanaga na Manzi wa Kibera yapfuye

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop