Urugo ni ikintu cyiza, urugo rwa babiri rurangwa no gukorera hamwe, gufashanya mu kwita ku bintu bimwe na bimwe ndetse no guhozanya mu marangamutima.Iyo ibyo bidakorwa n’uruhande rumwe havamo kugira agahinda ku ruhande rumwe maze uwavugaga ko akunzwe agatangira gutakira umutima we , akakikirizwa n’amarira.
DORE IBIZAKWEREKAKO UKUNZWE CYANE N’UWO MWASHAKANYE.
Iyo wakunzwe n’uwo mwashakanye, iteka amarangamutima yawe agashyira imbere ariko ntiyirengagize aye. Ibi bishatse kuvuga ko uwo muntu azagukunda , ku manywa , ni mugoroba, ndetse no mu gitondo.
Uwo muntu ntabwo yemera ko hagira ukubabaza mu buryo bumwe cyangwa ubundi ahubwo arakurwanirira kabone niyo nta mpamvu igaragara yaba afite kuri abo bantu bashaka ku kubabaza. Ahora agenzura ngo amenye niba koko ubabazwa.
Iyo yabonye amafaranga ni wowe aheraho. Uwo mwashakanye ugukunda by’umwihariko, iyo agize gutya akabona amafaranga ni wowe aheraho akaguha menshi ashoboka ubundi agatekereza abandi cyangwa ibindi nyuma. Iki ni ikimenyetso cy’uko ukunzwe cyane.
Iyo agukunda cyane, yumva yaguhora hafi kabone n’ubwo yaba afite akazi gahoraho. Uwo muntu mwashakanye ntiyifuza ku kujya kure kuko rimwe na rimwe iyo agiye kugusiga akajya ahantu bimutera amarira , akagira agahinda gakomeye