Leta y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, igaragaza ko ibyo bihano byibasira uruhande rumwe kandi ntibigaragaze ikibazo nyamukuru kiri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Leta y’u Rwanda ivuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zirengagije indege zitagira abapilote (Drones), za Leta ya Congo, zakomeje kwataka abaturage zirenze ku masezerano yari yasinywe hagati y’impande zombi ahubwo ibyo bihano bikarebo z’u Rwanda. Muri iryo Tangazo kandi Leta y’u Rwanda yanditse ati:”Kurinda Igihugu cyacu , ni ikimenyetso cy’icyubahiro ingabo z’u Rwanda ‘Rwanda Defense Force’ zikorana ishema“.
U Rwanda rwemeza ko ubufatanye bw’ingabo za Congo, Abacancuro,Wazalendo, FDLR n’abandi bafatanyije ari byo bituma amahoro atagerwaho rwibutsa ko kandi DRC yiyemeje muri Washington Accords guhagarika burundu ubufasha bwayo na FDLR, ariko akaba ari ntacyo yakoze ngo ishyire mu bikorwa ibyo yiyemeje.
Muri iryo tangazo, Leta y’u Rwanda, yemeje ko izitandukanya nabyo mu gihe na Leta ya Congo yakora uruhare rwayo nk’uko biri muri ayo masezerano impande zombi zasinye.
KANDA HANO USOME ITANGAZO RIRAMBUYE
