advertising

Advertising

MU MAFOTO: Amavubi yegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 imbere ya Perezida Kagame

4 hours ago

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yegukanye igikombe cy’Itsinda A mu FIFA Series 2026 nyuma yo gutsinda Estonia ibitego 2-0 mu mukino wakiniwe kuri Stade Amahoro, witabiriwe na Perezida Paul Kagame.

Umukino wabaye mu ijoro ryo ku wa 30 Werurwe 2026 watangiye amakipe yombi asatirana, ariko bigorana kubona uburyo bukomeye bwo gutsinda. Nyuma y’iminota 30, Biramahire Abeddy yafunguye amazamu ku mupira mwiza yari ahawe na Joy-Lance Mickels.

Igice cya mbere cyarangiye Amavubi ayoboye n’igitego 1-0.

Mu gice cya kabiri, Estonia yagarukanye imbaraga ishaka kwishyura, ariko ubwugarizi bw’Amavubi n’umunyezamu bakomeza kwitwara neza. Ku munota wa 51, Joy-Lance Mickels yongeye gutsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Djihad Bizimana.

Umutoza w’Amavubi yakoze impinduka zitandukanye zirimo kwinjiza Hakim Sahabo, Manzi Thierry na Byiringiro Lague, basimbuye abandi bakinnyi kugira ngo bakomeze kugenzura umukino.

Nubwo Estonia yakomeje gusatira cyane mu minota ya nyuma, Amavubi yakomeje kwitwara neza mu bwugarizi kugeza umukino urangiye yegukanye intsinzi y’ibitego 2-0.

Leroy-Jacques Mickels yabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa nyuma yo gutsinda ibitego bibiri no gutanga umupira wavuyemo ikindi.

Ku mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu, Ikipe ya Kenya yatsinze Grenada ibitego 3-0, itsinda ryabonetse ku bitego bya Austine Odhiambo, Ryan Wesley Ogam na Zech Obiero.

Iyi ntsinzi itumye u Rwanda rwandika amateka yo kuba igihugu cya mbere cyakiriye amatsinda abiri ya FIFA Series, irushanwa ryatangiye mu 2024 rigamije gufasha amakipe y’ibihugu gukina imikino ya gishuti no kongera ubunararibonye ku rwego mpuzamahanga.

Author

Ads

ad

Previous Story

Tidjara yahishuye icyamushimishije imbere ya Perezida Kagame

Next Story

Umwalimu SACCO yungutse miliyari 17 Frw mu 2025

Latest from Inkuru Nyamukuru

Go toTop