Al-Merrikh SC yegukanye intsinzi y’ibitego 2-1 itsinze Al-Hilal SC mu mukino w’ikirarane w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’u Rwanda, isubira ku ntsinzi nyuma y’imikino itandatu itayibona.
Uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa 17 Gashyantare 2026, waranzwe n’ishyaka, imbaraga ndetse n’amakosa menshi ku mpande zombi. Al-Merrikh yatangiye igorwa n’imvune, aho abakinnyi babiri bavunitse mu gice cya mbere, umwe ajyanwa kwa muganga.
Ku munota wa 45, Al-Merrikh yafunguye amazamu ku mupira w’umunyezamu wa Al-Hilal watewe nabi, Obino Chisala awubyaza umusaruro awushyira mu izamu. Igice cya mbere cyarangiye ari igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, Al-Hilal yakoze impinduka enye ishaka kongera imbaraga mu busatirizi. Nubwo yasatiraga cyane, ubwugarizi bwa Al-Merrikh bwakomeje kuba bwiza.
Ku munota wa 65, habonetse penaliti nyuma y’ikosa ryakorewe Chikumbutso Salima mu rubuga rw’amahina. Gilles Razafimaro yayinjije neza, atsindira Al-Merrikh igitego cya kabiri.
Mu minota ya nyuma, Al-Hilal yabonye igitego kimwe ku munota wa 90+1 gitsinzwe na Mohamed Yousif ku mupira wahinduwe imbere y’izamu. Nyuma yaho yanabonye penaliti ariko umunyezamu Ladji Brahim Sanou arayikuramo, arinda intsinzi y’ikipe ye.
Umukino warangiye Al-Merrikh itsinze ibitego 2-1, igira amanota 37 ku mwanya wa gatatu, irushwa inota rimwe na Al-Hilal ifite amanota 38 inganya na APR FC ya kabiri.


