advertising

Advertising

“Nararize cyane ubwo namenyaga ko umwana ntwite ari umuhungu” ! Tiwa Savage

January 21, 2026
1 min read

Tiwa Savage umuhanzikazi wo muri Nigeria yatangaje uburyo bwa mbere yabangamiwe no gusanga atwite umwana w’umuhungu ndetse agaragaza ko kuva avutse kugeza agize imyaka ibiri atigeze amwiyumvamo kuko yashakaga umukobwa.

Mu kiganiro yagiranye na Korty EO Tiwa Savage yagize ati:”Ntabeshye, ntabwo nashakaga umwana w’umuhungu mu mwaka wa Mbere ndetse no kugeza ku mwaka we wa Kabiri. Nashakaga umukobwa ubwo rero bakimbwira ko ari umuhungu ntwite nahise ntangira kurira”.

Tiwa Savage avuga ko uwo mwana we akimara kuvuga nabwo yamugoye cyane kuko yakundaga kurira ndetse akanagorwa n’imihindagurikire ye y’umubiri.

Ati:”Akimara kuvuka, yararize cyane mu buryo budasanzwe ndetse nkagorwa n’uburyo umubiri wanjye wahindukaga. Byari bitangaje”.

N’ubwo ari uko byagenze , Tiwa Savage avuga ko uko iminsi yagiye yiyongera , yakomeje umubano mwiza n’umusore we Jamil ndetse ngo kugeza ubu bakaba babanye neza. Ati:”Uyu munsi ni inshuti yanjye”.

Avuga ko kugeza ubu arera umwana we amwigisha urukundo no kuzaba umugwa neza by’umwihariko ku bagore.

Ati:”Iteka mubwira kubaha abagore kuko mwereka uko nyina yavunitse cyane. Musaba kuzita ku bakobwa akabafata nk’abamikazi”.

Author

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Ads

ad

Previous Story

Icyo u Rwanda rwiteze mu Nama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu

Next Story

Baby Gloria yahakanye ibyo kuba umugabo we akundana n’umuvandimwe we Jolly

Latest from Inkuru Nyamukuru

Kanye West yasabye imbabazi Abayahudi

Kanye West yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gusaba imbabazi ku mugaragaro Abayahudi kubera amagambo yigeze gutangaza yafashwe nk’ayabibasira. Ibi yabikoze asobanura ko ayo magambo
Go toTop