Juliana Kanyomozi, yatangaje uko yagowe cyane n’ibiganiro n’ibihuha byakwirakwizwaga ku mbuga nkoranyambaga bivuga ku muntu bakekaga ko babyaranye umuhungu we.
Ibi byavugwagaho cyane kuri internet byamuhungabanyije mu marangamutima, bimubuza amahoro y’umutima mu gihe cyari gikwiye kuba icy’umunezero.
Juliana Kanyomozi avuga ko nyuma yo kwibaruka imfura ye, yari mu bihe byiza by’ubuzima bwe, ariko akinjira ku mbuga nkoranyambaga agasanga hatangiye gusakazwa inkuru zivuga ku mugabo bakekaga ko ari se w’umwana we, nyamara atari yaranigeze amubona amaso ku maso. Ibi byamubereye ihungabana rikomeye kandi yabifashe nk’agasuzuguro gakomeye kuri we n’umwana we.
Ati: “Nkimara kubyara umuhungu wanjye byari ibihe by’umunezero mu buzima bwanjye, ariko ngiye ku mbuga nkoranyambaga nsangaho inkuru zivuga umugabo bakekaga ko ari se w’umwana wanjye mu buzima. Nari ntaramubonaho amaso ku maso.
Nabifashe nk’agasuzuguro kuri njyewe n’imfura yanjye. Twabaye igitaramo ku mbuga nkoranyambaga, nyamara ababikora baba bavuga ko bari mu kazi no gushaka inyungu, bakibagirwa ko ibyo byangiza ubuzima bwo mu mutwe bw’abandi.”
Yakomeje asobanura ko atari we gusa wagizweho ingaruka n’ibi biganiro, ahubwo ko n’imiryango igizwe n’abantu bavugwa mu binyoma ishobora guhura n’ibibazo bikomeye. Yongeyeho ko n’igihe umwana azakura, bishobora kumugiraho ingaruka akibaza byinshi ku byavuzwe ku mubyeyi we n’umuryango we.
Ati: “Ibaze mfite umuryango, umuhungu wanjye na we afite umuryango wa se. Kuba yarasomaga akanumva ibyo bavugaga byarantangaje kandi birangora cyane, ariko ngera aho ndabyakira.”
Imfura ya Juliana Kanyomozi yitwa Taj, yavutse mu 2020. Yavuze ko kuvuka kwe byari iby’agaciro gakomeye kuko byamufashije gukira ibikomere yari yaragize nyuma yo gupfusha umwana we Keron Kabugo witabye Imana mu 2014.
Taj yabaye ihumure n’urumuri rushya mu buzima bwe, amufasha kongera kubona icyizere no gukira intimba yari amaranye imyaka.
Mu gusoza, Juliana Kanyomozi agaragaza ko nubwo imbuga nkoranyambaga ari igikoresho gikomeye mu itumanaho no gusangiza amakuru, zishobora no kuba mbi cyane iyo zitangiye kwivanga mu buzima bwite bw’abantu, zigakwirakwiza ibihuha n’amakuru adafite ishingiro ku bibazo byimbitse kandi byihariye by’imiryango.
Yibutsa abakoresha imbuga nkoranyambaga ko amagambo bandika n’amakuru basangiza abandi ashobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abandi, by’umwihariko ku mutekano wo mu mutwe no ku mibanire y’imiryango.
