Umujyanama w’Ubuzima wo mu Kagari ka Kigabiro mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke, yapfiriye mu rugo rw’uvugwaho gukora ubuvuzi gakondo buzwi nka magendu.
Iby’urupfi rw’uwo mujyanama w’Ubuizma byemejwe n’umugabo wa nyakwigendera, inzego zibanze ndetse n’inzego z’umutekano mu Ntara y’Iburengerazuba.
Umugabo we avuga ko umugore we yapfuye yari yamujyanye kwivuza kuri uwo muvuzi kubera uburwayi bw’inzoka ya tirikomonase. Asobanura ko amaze guterwa urushinge rwo mu mutsi w’ukuboko n’urundi rwo ku nda, yahise agira ibibazo bikomeye maze agwa muri urwo rugo. Ati:
“Yego, umugore wanjye yari Umujyanama w’ubuzima. Numvaga bavuga ko avura, mujyanayo ngo amuvure. Amuteye inshinge ebyiri arasinzira, agenderako arapfa. Yaguye muri urwo rugo.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko amakuru ajyanye n’urupfu rw’uyu mubyeyi yamenyekanye ku wa 03 Mutarama 2026.
Yasobanuye ko nyakwigendera yagiye kwivuza kwa muganga wa kinyarwanda maze agaterwa urushinge, bikamuviramo kuremba bikomeye, nyuma akaza gupfa.
Ukekwaho kugira uruhare muri uru rupfu yahise abura, ariko inzego z’umutekano zivuga ko zikomeje kumushakisha kugira ngo akurikiranwe n’amategeko.
Umuryango wa nyakwigendera ntacyo uratangaza ku mpamvu yatumye umujyanama w’ubuzima yivuriza mu buvuzi bwa magendu, nyamara atuye hafi y’ikigo nderabuzima.
Ibi byatumye benshi bagaragaza impungenge no kwibaza ku mpamvu umuntu wagiraga inshingano zo gukangurira abaturage kwivuza mu bigo byemewe, nawe akagana ubuvuzi butemewe.
Umwe mu baturanyi ba Kanyenzi Eliphase yahamirije Imvaho Nshya ko uwo mugabo n’umugore we bahise batoroka.
Yavuze ko atari ubwa mbere Kanyenzi avugwaho gukora ubuvuzi bwa magendu, kuko ngo kenshi yagiye abyihanangirizwa n’ubuyobozi ndetse akanabifungirwa, ariko agakomeza kubikora rwihishwa.
Yongeyeho ko bitatangaje benshi kuba yakomeje gushuka abaturage, icyababaje cyane kikaba ari uko n’Umujyanama w’ubuzima yamwizereye akamugana.Aya makuru yemejwe kandi na Harerimana Naphtal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri.
Yavuze ko amakuru akimenyekana bihutiye kujyana umurambo wa nyakwigendera ku bitaro bya Bushenge kugira ngo hakorwe isuzuma ry’icyamwishe, mu gihe Kanyenzi Eliphase n’umugore we bakomeje gushakishwa.

Ati: “Ayo makuru tukiyamenya twagiye gufata umurambo tuwujyana ku bitaro bya Bushenge ngo hamenyekane uko byagenze n’icyamwishe. Ukekwaho urupfu rwe yahise atorokana n’umugore we, aracyashakishwa. Iwe twahasanga hafunze.”
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyabitekeri bwahamagariye abaturage kwirinda ubuvuzi bwa magendu no gukoresha serivisi z’ubuvuzi bwemewe n’inzego zibishinzwe. Bwanagaragaje agahinda kenshi ku rupfu rwa nyakwigendera, by’umwihariko bitewe n’uko yari Umujyanama w’ubuzima wagize uruhare runini mu gukangurira abaturage kwivuriza kwa muganga wemewe.
Ubuyobozi bwongeye gusaba abakora ubuvuzi bwa magendu kubuhagarika burundu, bubibutsa ko butazihanganira uwo ari we wese uzabikora. Bwagaragaje ko Kanyenzi Eliphase yari amaze igihe kinini avugwaho ibi bikorwa ndetse akanabihaniwe inshuro nyinshi, ariko agakomeza kubikora mu ibanga.
Ati: “Ni umuntu wari uzwiho ibi bikorwa kuko hari igihe yafatanywe imiti ya magendu arafungwa, avamo avuga ko abiretse. Ntitwari tuzi ko yabikomeje. None hagaragaye urupfu bikekwa ko ari byo yazize, ni ikibazo gikomeye.”
Urugaga rw’Abahanga mu by’Imiti (NPC) n’Ikigo gishinzwe Ubushakashatsi mu by’Inganda (NIRDA), byigeze gutangaza ko ubuvuzi gakondo bugifite ikibazo cy’ubuziranenge bw’imiti ikoreshwa, bitewe n’uko abenshi mu babukora badafite ubumenyi buhagije ku bigize umuti ndetse n’ingano y’igipimo gikwiye, bigashyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.