Umunyarwenya Okello agiye gutaramira i Kigali

November 20, 2025
1 min read

Dr Hilary Okello , Umunyarwenya ukomeye muri Uganda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko agiye gukora ingendo zizenguruka ibihugu bitandukanye byo mu karere, aho azakorera ibitaramo mu mijyi irimo n’Umujyi wa Kigali.

Okello witegura gususurutsa abakunzi be bo mu Rwanda, yabinyujije ku mbuga nkoranyambaga atangaza ko abakunda urwenya rwe bakwitegura gusoza umwaka mu byishimo no mu bitwenge.

Abinyujije mu butumwa bwe yagize ati: “Bakunzi b’urwenya mutuye muri Gaborone, Botswana mwitegure nzaza Kuwa 20 Ugushyingo tuzaseke dukeshe umwaka wacu. Banya Kigali mwebwe, murabizi ko aho ari mu rugo ha kabiri, muzaze dusezere Ukwezi k’Ugushyingo mu bitwenge byinshi muri Camp Kigali.”

Uyu munyarwenya kandi yatangaje ko azakomereza ibitaramo muri Sudan y’Epfo na Zimbabwe mu Ukuboza 2025. Ategerejwe muri Sudan y’Epfo ku wa 06 Ukuboza 2025, mu gihe muri Zimbabwe azahatamira ku wa 20 Ukuboza 2025.

Dr Okello avuga ko ibi bitaramo ari amahirwe akomeye kuri we kuko bimufasha kwegera abakunzi be no gusoza umwaka agejeje urwenya rwe ku bafana batandukanye. Yemeza ko abahanzi batezwa imbere n’ababareba bityo akaba yishimira kurangiza umwaka ahuye n’abakunzi be hirya no hino.

Biteganyijwe ko azataramira i Kigali ku wa 27 Ugushyingo 2025, mu gitaramo cya Gen-Z Comedy gisanzwe kibera muri Camp Kigali.

Dr Hilary Okello aheruka mu Rwanda ku wa 06 Gashyantare 2025 mu gitaramo cya Gen-Z Comedy, akaba ari we munyarwenya w’umunyamahanga umaze gutumirwa kenshi muri ibi bitaramo.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Ads

Previous Story

Miss Jolly yasabye igitsina gore guhumuriza bagenzi babo ntibabashungere

Next Story

Perezida Kagame yakiriye Emir wa Qatar watangiye uruzinduko mu Rwanda

Latest from Imyidagaduro

Go toTop