Kim Kardashian na Ray J bari mu ntambara y’amagambo kubera amashusho yabo bari gutera akabariro

November 14, 2025
1 min read

Ntabwo byifashe neza hagati ya Kim Kardashian n’uwahoze ari umuhanzi Ray J rwatangiye mu myaka 20 ishize ku byerekeye amashusho yabo bari gusambana yafashwe mu 2003, rwongeye gufata indi ntera nyuma y’uko bombi bongeye kwitabaza inkiko bitana bamwana.

Kim Kardashian n’umubyeyi we Kris Jenner bongeye guhakana byeruye ibirego bishya Ray J yabareze mu rukiko, aho uyu muhanzi avuga ko imyaka hafi makumyabiri bavuga ibinyoma ku bijyanye n’amashusho yabo yamenyekanye mu 2007.

Umwunganizi w’aba bagore, Alex Spiro, yavuze ko ikirego gishya cya Ray J nta shingiro gifite kandi ko gishingiye ku magambo y’umuntu udafite icyizere. Yongeraho ati “Ray J azatsindwa uru rubanza rw’amafuti nk’uko yatsinzwe izindi zose.”

Ray J avuga ko amahusho yagiye hanze yafashwe muri 2003 ubwo yakundanaga na Kim Kardashian ariko ngo bakaba barayafashe bishimisha.

Ray J w’imyaka 44 avuga ko mu 2006 we na Kim Kardashian wa 45 bari bamaze kumvikana ko amashusho yabo yasohoka ku mugaragaro, ndetse ngo Kim yamubwiye ko nyina, Kris Jenner, ari we ukwiye kuyashyira hanze. Uyu muhanzi yemeza ko abo bombi ari bo bari inyuma y’isohoka ryayo kuva ku munsi wa mbere.

Kim Kardashian n’umubyeyi we bo bavuga ko ibyo byose ari ibinyoma, kandi ko Ray J “ashaka gukomeza kuguma mu mitwe y’abantu” nyuma y’uko batandukanye mu myaka irenga 20 ishize. Ibi byose byaje nyuma y’uko Ray J aheruka kuvuga ko ari gukorana n’inzego za leta mu kirego cy’icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi (Racketeer Influenced and Corrupt Organizations Act: RICO) gifitanye isano na Kardashian na Jenner. Kim Kardashian na nyina babyamaganiye kure.

Kardashian na Jenner bavuze ko nta rwego na rumwe rwa leta ruri kubakoraho iperereza, kandi ko ibyo Ray J avuga nta bimenyetso bifatika bifite. Bati “Ray J yananiwe kwemera ko umubano we na Kim Kardashian warangiye kera, kandi yakomeje kwifashisha amazina yacu kugira ngo yigarurire itangazamakuru no kwishakira amafaranga.”

Aya makimbirane agarutse mu gihe Ray J aherutse gutangaza ko dosiye arimo gutegura ijyanye n’icyaha cya RICO izaba mbi kurusha iya Diddy, ibyo na byo Kardashian na Kris Jenner bakabihakana bavuga ko ari ukurema inkuru zidafite aho zihuriye n’ukuri.

Ray J na Kardashian bakundanye kuva mu 2002 ubwo Kardashian yari yatandukanye byeruye na Damon Thomas, kugeza mu 2007 ubwo amashusho yabo bari gusambana yagaragaraga. Kim Kardashian nyuma yaho yarashatse, atandukana n’abagabo inshuro ebyiri. Mu bo batandukanye harimo Kris Humphries (2011–2013) na Kanye West (2014–2022). Afite abana bane yabyaranye na Kanye barimo North, Saint, Chicago na Psalm.

Ray J
Bombi bakanyujijeho mu rukundo.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Amakipe ya APR WBBC na REG WBBC yageze ku mukino wa nyuma wa Zone 5

Latest from Inkuru Nyamukuru

Go toTop