Umuhanzi Yampano wifashe amashusho ari mu gitanda yatanze ikirego muri RIB

November 12, 2025
1 min read

Uworizagwira uzwi nka Yampano muri muzika Nyarwanda yamaze kugeza ikirego muri RIB arega uwitwa Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo, amushinja kuba ari we washyize hanze amashusho ari kumwe n’umukunzi we bari gutera akabariro.

Uwo muhanzi [Yampano] yabwiye ikinyamakuru The New Times dukesha iyi nkuru ko uyu Pazzo ari we wamwibye amashusho ayakuye muri telefone ye, atangira kuyasakaza ku mbuga nkoranyambaga nka WhatsApp na Snapchat kuva tariki 09 Ugushyingo 2025, nta burenganzira yabimuhereye.

Aba bombi ngo bahoze babana mu nzu imwe ahitwa Busanza mu Karere ka Kicukiro ariko ngo Yampano atangiye kubana n’uyu mukunzi we bamusabye ko yashaka ahandi ajya kuba umwuka utangira kuba mubi hagati yabo.

Yampano ahamya ko uyu Pazzo yari asanzwe afite uburenganzira busesuye ku mbuga nkoranyambaga za Yampano, ari naho aya mashusho yari abitse.

Yari yaramuhaye uburenganzira ku mbuga nkoranyambaga ze kuko inshuro nyinshi ari we wamufashaga kwamamaza ibihangano bye, ashyira challenge z’indirimbo ze ku mbuga nkoranyambaga za Yampano.

Umuhanzi Yampano, yatangaje ko amashusho ari kumwe n’umukunzi we yafashwe mu Kwezi kwa Gicurasi ,gusa ngo bakaba barayafashe bo ubwabo , ubundi Yampano akayabika ku mbuga nkoranyambaga ze.

Yagize ati:”Njyewe n’umukunzi wanjye , twafashe ayo mashusho turi mu gikorwa cy’ibanga”. Yampano yakomeje avuga ko batabikoze bagambiriye kuzayashyira hanze ndetse ko nta n’ikibazo yatekerezaga cyazaba kuri yo kuko ngo uwari usanzwe afite uburenganzira ku mbuga nkoranyambaga ze ari na we wamufaga kwamamaza ibihangano bye.

Ati:”Kuva nashyira hanze indirimbo ‘Si ibyanjye’, ni we wari usanzwe amfasha gufata amashusho yo kwamamaza ibikorwa byanjye nkamwishyura 10% y’amafaranga yinjiye”.

Yampano avuga ko ubwo yari amaze gusaba Pazzo kuva mu nzu babanagamo, yanamusabye kuva ku mbuga nkoranyambaga ze ‘LogOut’, ariko undi akamusaba amafaranga agera ku 500,000 Rwf kugira ngo atangire ubuzima. Nyuma y’aho , Yampano avuga ko yamuhaye 300,000 Rwf”.

Ati:”Namuhaye 300,000 Rwf kuko nta ndi mafaranga nari mfite ariko aranga, ntiyahava. Naramubajije uti ‘ Pazzo urashaka gutuma ibintu binkomerana, ese ndamutse nguhaye amafaranga yose ushaka wagenda ? Yaremeye, nyamuhaye yose aranga arahaguma”.

Yampano avuga ko yatunguwe no kubona amashusho ye ari mu buriri n’uwo yise umukunzi we agiye hanze ndetse agatarangira kumenyekana ku bantu benshi , agahita atekereza ko ashobora kuba yabikoze ngo amwihorereho.

Ati:”Abantu bayishyize hanze, ni abatarashakaga ko ntaramira mu Bufaransa i Paris , ahari bashakaga kunyangiriza ubuzima kuko njye sinari nkiri uwiruka inyuma yo kwamamara kuko nari maze kubaka izina ryanjye”.

Mu ngingo ya 143 y’Itegeko Rihana ry’u Rwanda ryo mu 2018, ivuga ko gusambana cyangwa kwiyandarika ku mugaragaro bihanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri. Inyandiko y’itegeko ryavuguruwe mu 2023 igamije gusobanura neza ibyaha nk’ibyo, irimo nko kwiyambika ubusa ku mugaragaro, ikagena igihano cy’igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu ndetse n’ihazabu iri hagati ya Rwf 300,000 na Rwf 500,000.

Agaruka kuri iyo ngingo, Me Jean Paul Ibambe, umunyamategeko ukorera i Kigali, yavuze ko uru rubanza ari ihuriro ry’ibyaha byo kwiyandarika ku mugaragaro no gukoresha ikoranabuhanga mu buryo bunyuranyije n’amategeko (cybercrime), yongeraho ko nibaramutse bamuhamije icyaha, azabiryozwa nk’uko amategeko abiteganya

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Khalifan Govinda yahamije ko kugira umukunzi byateje imbere umuziki we

Next Story

Mubarakh Muganga yagarutse ku hazaza h’uburezi bwa gisirikare muri Afurika

Latest from Imyidagaduro

Yvan Muziki agiye kumurika Album nshya

Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje guhindura isura, hari abahanzi bahisemo kudasiga umuco n’amateka y’abenegihugu inyuma. Muri abo harimo Yvan Muziki, umuhanzi ukora injyana gakondo
Go toTop