Murumuna w’uwari rutahizamu w’ikipe ya Manchester United, Ryan Giggs, agiye kongera kurushinga nyuma y’imyaka 14 asenyewe na mukuru we yanaje gufata arimo gusambanya umugore we ,binakaza kumenyekana ko yari amaze imyaka 8 yose amuca inyuma .
Rhodri, w’imyaka 49, yamaze gutangaza ko yasabye umukunzi we mushya, Victoria Phillips, kuzamubera umugore, nyuma y’umwaka urenga bakundana.
Ibyo yabigaragarije ku mbuga nkoranyambaga mu cyumweru gishize, ubwo Victoria yashyiraga ifoto kuri Instagram yambaye impeta, akandikaho itariki “18/10/2025.”
Mu magambo yuzuye urwenya, Rhodri yasubije ati: “Ntabwo yabashije kuvuga ‘yego’ vuba bihagije. Murakoze mwese, ndemeranya namwe ko ari umugore w’agahebuzo.”
Abafana benshi bamwifurije amahirwe masa, barimo n’umukinnyi wa filime “Coronation Street,” witwa Andy Whyment, wanditse ahatangirwa ibitekerezo ,ati: “Turabakunze kandi tubifurije ishya n’ihirwe.”
Iyi ni inkuru y’ingenzi cyane mu buzima bwa Rhodri, nyuma y’uko mu mwaka wa 2011 habaye inkuru y’akababaro yavugishije isi yose y’umupira w’amaguru: ubwo byatangazwaga ko mukuru we, Ryan Giggs, yari amaze imyaka umunani mu rukundo rw’ibanga n’umugore wa Rhodri w’ icyo gihe,witwa Natasha.
Ibyo byasize Rhodri ashegeshwe cyane, bituma atandukana na Natasha. Nyuma y’igihe gito, Natasha nawe yashatse undi mugabo, mu gihe Ryan yakomeje ubuzima bwe muri ruhago, mbere yo kwegura ku mirimo ye mu ikipe ya Salford muri 2024.
Rhodri, wahoze ari umukinnyi wa ruhago mu makipe mato arimo na Salford, ubu akora mu bijyanye n’ubushakashatsi mu itangwa ry’akazi ndetse anakora ibiganiro kuri podcast ye bwite.
Mu kiganiro yaherukaga gutanga, Rhodri yavuze ko ibyo yabayemo yabimazemo igihe kinini abibabarizwamo, ariko ko ubu yabibonye nk’inyigisho ikomeye yamufashije gukura mu buryo bw’umutima.
Ati: “Icyo gihe byari ibishoboka rwose nazatakaza icyizere, ariko ubu mfite ubuzima bushya kandi nishimira ibyo mfite. Victoria ni umuntu wanzaniye amahoro n’ibyishimo.”
Ryan Giggs, ubu w’imyaka 51, na we aherutse kwibaruka umwana mushya n’umukunzi we w’ubu, Zara Charles, ndetse biravugwa ko aba bavandimwe bombi batangiye kongera kuganira nyuma y’imyaka y’inzika.
Ivomo : The Mirror