Nyuma yo gusemburwa n’u Burusiya; Amerika nayo igiye gubyutsa ibisasu kirimbuzi !

October 30, 2025
1 min read

Perezida  wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika  Donald Trump yategetse  abayobozi b’ingabo z’Amerika ko bagomba gutangira ibikorwa byo kugerageza intwaro kirimbuzi z’igihugu nyuma y’ibikorwa nk’ibyo by’u Bushinwa n’u Burusiya.

Ibi  Trump yabivuze  mbere gato y’uko ahura na Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping muri Koreya y’Epfo,  aho  yanditse ku mbuga nkoranyambaga Ati: “Kubera gahunda z’igerageza z’ibindi bihugu, nahaye amabwiriza Minisiteri y’Intambara gutangira igerageza ry’intwaro zacu za kirimbuzi.”

Trump avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite intwaro za kirimbuzi nyinshi kurusha ibindi bihugu. Uburusiya buri ku mwanya wa kabiri mu gihe Ubushinwa buri ku mwanya wa Gatatu.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika  zaherukaga gukora  igerageza ry’intwaro kirimbuzi mu mwaka 1992.

Ibi byatangajwe iminsi micye nyuma y’uko Trump yihanangirije Uburusiya  kubera gukora igerageza rya missile ishobora gutwara igisasu kirimbuzi, aho bivugwa ko  ishobora kugera aho ari ho hose ku isi.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba wo kuri uyu wa  Gatatu, Trump yemera “ubukana bukomeye” bw’izi misile, ariko avuga ko “nta yandi mahitamo” afite uretse kuvugurura intwaro  za Amerika.

Trump ntiyatanze ibisobanuro ku buryo igerageza rizakorwa, ariko yanditse ko rigomba “gutangira ako kanya.”

Trump avuze mu gihe ku itariki ya 28 Ukwakira 2025 , Ubutasi bwa gisirikare bwa Norvège bwatangaje ko Uburusiya koko bwagerageje igisasu kirimbuzi cya misile cyitwa Burevestnik kiraswa kure cyane, bikabera mu nyanja ya Barents yo ku mpera ya ruguru y’isi.

Norvège ivuga ko iki gisasu cyarasiwe ku itsinda ry’ibirwa (archipelago) ryitwa Novaya Zemlya muri Arctica.Ku cyumweru ni bwo Uburusiya bwatangaje ko bwarashe ‘misile’ 9M730 Burevestnik, NATO/OTAN yo yise “Skyfall” – igisasu cy’imbaraga kirimbuzi Moscow ivuga ko gishobora kunyura ku bwirinzi bwose bushoboka.

Trump yatangaje ibi mbere gato y’uko Xi ageze muri Koreya y’Epfo ku nshuro yabo ya mbere yo guhura amaso ku maso kuva mu mwaka 2019. Ubutumwa bwe bwasohotse ubwo yari mu ndege ya helicopter, Marine One, yerekeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Gimhae guhura na Xi.

Ivomo : Euro News .

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Uganda : Imvura idasanzwe yangije ikiraro mu buryo bukomeye

Next Story

Yirinze kuryamana n’undi mugabo mu myaka ye yose ;ariko ibyamubeyeho mu ijoro ry’ubukwe ntibisanzwe !

Latest from Hanze

Go toTop